Ibihumbi by'abigaragambya bateraniye imbere ya Ambasade ya Maroc i Madrid ku Cyumweru, bamagana ubwiyongere bukabije bw'abimukira binjiye mu gace ka Ceuta kayoborwa na Espagne, basaba ko hafatwa ingamba zikomeye zo kurinda imipaka.
Amashusho agaragaza abigaragambya baririmba indirimbo n'amagambo yamagana icyo bise gukoresha abimukira nk'igitutu kuri Espagne, bafashe amabendera ya Espagne n'ayitwa Cross of Burgundy, mu gihe abapolisi bari benshi kugira ngo birinde ko imyigaragambyo yahinduka imvururu.
Abigaragambya bavuze ko Maroc iri gukoresha ikibazo cy'abimukira mu gushyira igitutu kuri Espagne, banasaba ko hashyirwaho ingamba zikomeye zo kurinda umupaka. Bamwe mu byapa bitwaje byanditseho amagambo asobanura ibyabaye muri Ceuta nk'“igitero cyo kwinjira mu gihugu.”
Iyi myigaragambyo yateguwe n'imitwe ya politiki y'iburyo irimo SALF, Nucleo Nacional na Falange.
Ije ikurikira ikibazo gikomeye cyabaye muri Ceuta, aho abayobozi ba Espagne bavuga ko abimukira bagera ku 60,000 binjiye muri ako gace mu gihe gito, ibintu byarengeje ubushobozi inzego z'ibanze mbere y'uko benshi muri bo basubira muri Maroc.
Abayobozi ba Espagne batangaje kandi ko nibura abimukira 72 bapfuye muri ibi bikorwa, bamwe barohamye mu mazi, abandi bagapfira mu mubyigano wabereye hafi y'umupaka.
Guverinoma ya Espagne yohereje ingabo muri Ceuta kugira ngo zifashe kugarura umutekano, inatangaza ko umubare munini w'abimukira wamaze gusubira muri Maroc ku bushake.
Iki kibazo cyongeye gukaza impaka muri Espagne ku bijyanye n'ubwimukira, umutekano w'imipaka n'ingamba za guverinoma mu guhangana n'iki kibazo.