• Amakuru / POLITIKI


Ibihumbi by'Abanyapalestine bateraniye mu gace ka Al-Sabra mu Mujyi wa Gaza ku wa Kabiri mu muhango wo gushyingura imibiri 112 y'abagize imiryango ya Abu Sharia na Al-Hasayna, yari imaze imyaka hafi itatu munsi y'ibirindiro byasenywe nyuma y'igitero cyagabwe n'igisirikare cya Israel.

Amashusho agaragaza abaturage barira mu gihe basezeraga bwa nyuma ababo, imibiri yabo itwikiriwe amabendera ya Palestine ndetse ikaminjirwaho indabo mbere yo kujyanwa mu muhango wo gushyingura.

Umuvugizi w'Urwego rushinzwe Ubutabazi bw'Abasivili muri Gaza, Mahmud Basal, yavuze ko ibikorwa byo gushakisha iyo mibiri byamaze iminsi 17.

Yagize ati: "Twashoboye kuvana imibiri 112 munsi y'amatongo. Muri yo harimo abana 44, abagore 37, abagabo 29, abasaza barindwi bafite imyaka irenga 70 ndetse n'abantu icyenda bafite ubumuga."

Basal yongeyeho ko hakiri imibiri igera ku 8,000 ikiri munsi y'amatongo hirya no hino muri Gaza.

Yousef Abu Sharia, umwe mu bagize imiryango yabuze ababo, yavuze ko kuba imibiri yabonetse nyuma y'igihe kirekire byabahaye amahirwe yo kuyishyingura mu cyubahiro no kubona aho bazajya bibukira ababo.

Undi wo mu muryango wa Al-Hasayna, Mahmud al-Hasayna, yavuze ati: "Nibura icyo twashoboye gukora ni ukubashyingura mu cyubahiro. Bari abana bacu n'abuzukuru bacu, kandi buri wese yari afite ubuzima n'inkuru ye."

Ibinyamakuru byo muri Palestine byatangaje ko uyu muhango ari wo wabaye munini kurusha indi yose yabereye muri Gaza kuva intambara yatangira mu Ukwakira 2023.

Amakuru avuga ko igitero cyo ku wa 22 Ugushyingo 2023 cyibasiye inyubako yari icumbikiye abantu bagera kuri 300 bo muri iyo miryango. Icyo gihe hashyinguwe imibiri igera kuri 70, mu gihe indi myinshi yagumye munsi y'amatongo kugeza ubwo iherutse kuboneka.

Intambara yatangiye ku wa 7 Ukwakira 2023, nyuma y'igitero cyagabwe na Hamas ku majyepfo ya Israel, cyahitanye abantu 1,139, abandi barenga 200 bagafatwa bugwate. Nyuma yaho, Israel yatangije ibikorwa bya gisirikare muri Gaza.

Minisiteri y'Ubuzima ya Gaza ivuga ko kuva icyo gihe Abanyapalestine 73,377 bamaze kwicwa, mu gihe 174,230 bakomeretse. Agahenge katangiye gukurikizwa mu Ukwakira 2025 hashingiwe kuri gahunda y'amahoro yatanzwe na Perezida wa Amerika, Donald Trump, ariko ibiganiro byakurikiyeho ku guhagarika burundu intambara biracyahagaze.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments