• Imyidagaduro / IBITARAMO

 

Abakunzi b'indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana batuye mu Bubiligi no mu bindi bihugu by'u Burayi baritegura kwakira igitaramo gikomeye cya Brussels Gospel Festival 2027, kizabera i Bruxelles kuva ku wa 26 kugeza ku wa 28 Gashyantare 2027.

Iki gitaramo cyateguwe na Team Production gifite insanganyamatsiko igira iti "Uniting through Worship", bisobanuye "Guhuza abantu binyuze mu kuramya Imana."

Abateguye  icyo gitaramo  batangaje  ko ari igikorwa kigamije guhuza abakristo b'ingeri zose, amatorero atandukanye n'abakunzi b'umuziki wa Gospel, bakaramya Imana hamwe mu minsi itatu izaba yuzuyemo indirimbo, inyigisho n'ubuhamya.

Festival izabera muri Birmingham Palace, iherereye kuri Rue de Birmingham 112, 1070 Bruxelles, aho hateganyijwe kwakira abantu benshi bazaturuka mu Bubiligi, mu Bufaransa, mu Buholandi, mu Budage ndetse no mu bindi bihugu.

Mu bahanzi n'abavugabutumwa bamaze gutangazwa harimo: Bishop Emmanuel Karemera (Rwanda),Pastor Ben & Chance (Rwanda),Israel Mbonyi (Rwanda),Richard Nick Ngendahayo (USA),Pastor Stanley na Julienne Kabanda (Rwanda),Adrien Misigaro (USA),Aline Gahongayire (Rwanda),Willy Uwizeye (USA)

Abategura kandi batangaje ko hari abandi bahanzi n'abashumba b'amatorero bazatangazwa mu minsi iri imbere, ibintu byatumye benshi bakomeza gutegereza iri serukiramuco.

Mu minsi itatu y'iyi Festival hazaba ibikorwa bitandukanye birimo: Kuramya no guhimbaza Imana,Inyigisho z'Ijambo ry'Imana,Gusengera hamwe,Guhura no gusabana hagati y'abakristo baturutse mu bihugu bitandukanye,Gutanga ubuhamya n'ibiganiro bigamije gukomeza ukwizera.

Abifuza kwitabira bashyiriweho amatike y'amoko abiri. Hari itike y'umunsi umwe igenewe abifuza kwitabira ibikorwa by'umunsi umwe gusa, ndetse n'itike y'iminsi itatu izafasha abazitabira Festival yose, bakabona amahirwe yo gukurikira ibikorwa byose no kubona imyanya myiza.

Brussels Gospel Festival ikomeje kwiyubaka nk'imwe mu nama n'ibirori bya Gospel bikomeye bihuza Abanyarwanda baba mu mahanga n'abakunzi b'umuziki wo kuramya Imana bo mu bindi bihugu. Kuba izaba yitabiriwe n'abahanzi bakomeye nka Israel Mbonyi, Aline Gahongayire, Adrien Misigaro na Willy Uwizeye, bitegerejwe ko izakurura imbaga y'abazitabira.

Abateguye  Brussels Gospel Festival basabye abazifuza kwitabira kwihutira kwiyandikisha no kugura amatike hakiri kare kuko imyanya iteganijwe ari mike, bavuga ko bifuza ko iyi Festival izaba umwanya wo kwegera Imana, gusangira ukwizera no kubaka ubumwe hagati y'abakristo bo hirya no hino ku Isi.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments