• Amakuru / POLITIKI


Urukiko Rukuru rwa Malindi muri Kenya rwemeje ko guteganya amatora ya Perezida muri Kanama 2027 binyuranyije n'Itegeko Nshinga ry'igihugu, ruvuga ko ayo matora yagakwiye kuba muri Kanama 2026.

Mu cyemezo cyafashwe kuri uyu wa Gatanu, Umucamanza Mugure Thande yavuze ko Komisiyo yigenga y'Amatora n'Imipaka (IEBC) yaba inyuranyije n'Itegeko Nshinga iramutse ikomeje gahunda yo gutora Perezida ku wa 10 Kanama 2027.

Urukiko rwasobanuye ko Itegeko Nshinga riteganya ko amatora ya Perezida agomba kuba mu mwaka wa gatanu wa manda, aho kuba nyuma y'uko uwo mwaka urangira. Rwagaragaje ko, hashingiwe ku matora yabaye ku wa 9 Kanama 2022, andi yagakwiye kuba ku wa 11 Kanama 2026.

Nyuma yo gusesengura ingingo za 136, 142 na 259 z'Itegeko Nshinga rya Kenya, urukiko rwemeje ko ibisobanuro by'abareze ari byo bihuye n'amategeko ku bijyanye n'itariki y'amatora ya Perezida.

Icyakora, nubwo rwavuze ko gahunda y'amatora ya 2027 idahuye n'Itegeko Nshinga, urukiko rwahagaritse ishyirwa mu bikorwa ry'icyo cyemezo kugeza nyuma y'amatora rusange ateganyijwe.

Ibi bivuze ko Komisiyo y'Amatora izakomeza imyiteguro y'amatora ya 2027, mu gihe hategerejwe icyemezo cya nyuma ku ishyirwa mu bikorwa ry'umwanzuro w'urukiko.

Umucamanza Mugure Thande yavuze ko guhagarika imyiteguro y'amatora ya 2027 muri iki gihe byashoboraga guteza igihugu ibibazo bikomeye n'ihungabana rya gahunda za Leta, bityo urukiko ruhitamo kubanza kurinda ituze mu gihugu no gusobanura uburyo Itegeko Nshinga rigomba gusobanurwa ku matariki y'amatora azaza.


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments