Nibura abantu batandatu bamaze kumenyekana ko bapfuye mu bitero bikomeye u Burusiya bwagabye kuri Zaporizhzhia, mu Majyepfo y’Uburasirazuba bwa Ukraine, mu ijoro ryo ku wa 10 rishyira ku wa 11 Kanama 2026. Ibyo bitero byakoreshejwemo ibisasu bya misile ndetse n’indege zitagira abapilote, bitera umutekano muke n’ibyangirika bikomeye mu bice bitandukanye by’ako karere.
Umuyobozi
w’Intara ya Zaporizhzhia, Ivan Fedorov, yatangaje ko ibitero byasenye amazu
atuyemo abantu ndetse n’izindi nyubako, bituma amashanyarazi acika mu bice
bimwe na bimwe. Yavuze kandi ko ibitero byateje inkongi z’umuriro ndetse
bikangiza inganda n’ibindi bikorwa remezo by’ingenzi.
Abashinzwe
ubutabazi bahise batangira ibikorwa byo gushakisha no gutabara abantu bari
bashobora kuba bagwiriwe n’inyubako. Abayobozi bo muri Ukraine bavuze ko
ibitero nk’ibi bishobora kugira ingaruka zikomeye ku baturage no ku bikorwa
remezo by’ingenzi mu gihe intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine ikomeje.
Umurwa
mukuru wa Ukraine, Kyiv, na wo wagabweho ibitero muri iryo joro. Urwego
rushinzwe ubutabazi muri Ukraine rwavuze ko umuntu umwe yakomeretse nyuma
y’igitero cyakoreshejwemo misile za balistique. Abayobozi bavuze ko ibitero
byibasiye ahantu hatandukanye, mu gihe ingabo za Ukraine zakomeje ibikorwa byo
kurinda ikirere cy’igihugu.
Ku
rundi ruhande, u Burusiya na bwo bwatangaje ko bwagabweho ibitero by’indege
zitagira abapilote za Ukraine. Alexander Gusev, Guverineri w’intara ya Voronezh,
yavuze ko drone 15 zagabye ibitero mu turere dutanu tw’iyo ntara. Yatangaje ko
umuntu umwe yapfuye, abandi babiri bagakomereka mu gace ka Novousmansky.
Gusev
kandi yavuze ko drone yateye ahantu hakomeye habikwamo ibintu, bituma inyubako
ebyiri zifatwa n’umuriro. Nubwo atatangaje neza icyo kigo cyakoreshwaga, ikigo
cya Wildberries cyatangaje ko cyimuye imodoka zakoreshwaga mu gutwara no kugeza
ibicuruzwa ku bakiriya kubera impamvu z’umutekano.
Umujyi
wa Moscou, umurwa mukuru w’u Burusiya, na wo watangaje ko watewe n’umubare
munini w’indege zitagira abapilote. Sergei Sobyanin, Umuyobozi w’Umujyi wa
Moscou, yavuze ko drone 237 zagaragaye zerekeza mu gace ka Moscou hagati
y’ijoro ryo ku wa 10 Kanama n’igitondo cyo ku wa 11 Kanama.
Sobyanin
yavuze ko hafi ya zose zarashwe cyangwa zigahagarikwa zikiri kure y’umujyi, mu
gihe drone 13 zo zarasenywe zimaze kwegera Moscou. Nta makuru arambuye yatanzwe
ku byangijwe n’izo drone muri Moscou.
Minisiteri
y’Ingabo y’u Burusiya na yo yatangaje ko ingabo zayo zarashoboye kurasa no
gusenya mu kirere drone 396 zavugaga ko ari iza Ukraine, zari zateye mu turere
15 tw’u Burusiya. Icyakora, kugeza ubu ubuyobozi bwa Ukraine ntibwari
bwatangaza icyo buvuga kuri ibi bitero cyangwa ngo bwemeze niba ari bwo
bwabikoze.
Ibi
bitero byombi bibaye mu gihe intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine ikomeje,
aho impande zombi zikomeje gukoresha cyane indege zitagira abapilote na misile
mu bitero byibasira ibirindiro bya gisirikare, ibikorwa remezo ndetse n’ahandi
hantu hafite akamaro mu ntambara. Gukomeza kwibasira ibikorwaremezo n’imijyi
bituma abaturage basanzwe bakomeza guhura n’ingaruka zikomeye z’iyi ntambara.