Polisi y’u Rwanda yihanangirije abategura ibirori n’ababyitabira kwirinda gukoresha cyangwa gutanga inzoga zitujuje ubuziranenge zaciwe ku isoko, iburira ko abazafatirwa muri ibyo bikorwa bashobora kubihanirwa.
Ibi
byatangajwe nyuma y’uko urubyiruko rugizwe n’abantu 20 rufatiwe mu birori bizwi
nka house party mu Mujyi wa
Kigali, ruri kunywa inzoga zimwe mu ziherutse gukurwa ku isoko ry’u Rwanda
kubera kutuzuza ubuziranenge.
Umuvugizi
wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, CIP Wellars Gahonzire, yavuze ko Polisi ikomeje
gufata abantu bakoresha izo nzoga mu birori bitandukanye, asaba abaturage
kubyirinda.
Yagize
ati: “Twatanga urugero nk’abafashwe mu Murenge wa Niboyi bafite ibirori, ariko
bari kunywa inzoga zimwe zanakuwe ku isoko. Twagira ngo rero twihanangirize
abaturage, abagira ibirori bitandukanye, kwirinda gukoresha inzoga zavanywe ku
isoko ryo mu Rwanda. Ababikora ni ukwigomeka ku mategeko, ariko tunabibutse ko
bagomba guhanwa.”
Polisi
ivuga ko ikibazo cy’inzoga zitujuje ubuziranenge kitagarukira ku bazinywa gusa,
kuko hari n’inganda zagiye zifatirwa mu bikorwa byo gukora cyangwa gutunganya
ibinyobwa bisembuye bidakurikije ibisabwa.
Mu
Karere ka Kicukiro, mu Mujyi wa Kigali, inganda ebyiri zirimo Yego Manufacturers na Kasesa Gin ziri mu ziherutse gufungwa
kubera ibibazo byagaragaye ku binyobwa bisembuye byazikorerwagamo.
Muri
izo nganda, harimo gukurwa ku isoko amakarito arenga 38,000 y’inzoga zitujuje ubuziranenge, nyuma y’uko hafashwe
icyemezo cyo kuzivanaho kugira ngo zitagira ingaruka ku buzima bw’abazikoresha.
Polisi igiye gukaza ingamba ku
myitwarire mibi mu rubyiruko
Polisi
y’u Rwanda kandi yatangaje ko igiye gukomeza guhangana n’imyitwarire mibi
ikomeje kugaragara mu rubyiruko, cyane cyane ijyanye n’ubusinzi ndetse
n’ibikorwa bikorwa mu birori, mu tubari no mu tubyiniro.
Umuvugizi
wa Polisi y’u Rwanda, ACP Boniface Rutikanga, yavuze ko urubyiruko rutagomba
gutwikira imyitwarire mibi inyuma y’izina ry’uko ari urubyiruko rw’iki gihe.
Yagize
ati: “Ntabwo tuzareka abantu bafite imyitwarire mibi bagaterwa n’ikintu bita
‘gutwika,’ hanyuma bakarangiza bavuga ngo ni uko urubyiruko rw’iki gihe
rumeze.”
Polisi
kandi yavuze ko abafite utubari n’utubiniro bazahabwa amabwiriza agomba
kubahirizwa mu bikorwa byabo, kugira ngo bafashe mu gukumira imyitwarire
ishobora guhungabanya umutekano cyangwa imibereho myiza y’ababagana.
ACP
Rutikanga yavuze ko imyitwarire igayitse ibera muri ibyo bibanza nayo izaba
inshingano y’ababicunga.
Ati:
“Abakora mu tubari, mu tubyiniro… imyitwarire mibi y’abantu ibera muri ibyo
bibanza na bo izaba inshingano yabo.”
Polisi
y’u Rwanda yanatangaje ko izakorana n’abategura ibitaramo ndetse n’abavanga
imiziki, bazwi nka DJs, mu rwego
rwo gukumira ibikorwa n’imyitwarire ishobora guteza ibibazo mu bitaramo.
Izi ngamba zije mu gihe Polisi ikomeje gusaba abategura ibirori, abafite utubari n’utubiniro ndetse n’abitabira ibyo bikorwa, kugira uruhare mu kubungabunga umutekano no kwirinda ibinyobwa bitemewe cyangwa bishobora guteza ibibazo ku buzima.
Urubyiruko 20 rwafatiwe muri ‘house party’i Kigali ruri kunywa inzoga zitujuje ubuziranenge zavanywe ku isoko