• Ubuzima / IBYOREZO

Umubare w’abamaze kwicwa n’ikiza cya Ebola gikomeje muri Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC) uyu munsi warenze abantu 2000.

Abategetsi i Kinshasa basobanuye iki kiza nk’icya mbere kirimo gukwirakwira byihuse cyane mu mateka y’iki gihugu.

Begetse ubwandu bwihuse ku kuba Ebola yaratinze gutahurwa ndetse no kubera umutekano mucye muri icyo gihugu.

Uko kwemeza ko umubare w’abamaze kwicwa na Ebola muri icyo gihugu warenze 2000, bitumye iki kiza kiba icya kabiri cyishe abantu benshi cyane mu mateka y’icyo gihugu, nyuma y’ikiza cyo mu mwaka wa 2018 kugeza mu 2020 cyishe abantu hafi 2300.

Kuva iki kiza gitangajwe muri Gicurasi (5) uyu mwaka, abantu barenga 4300 bamaze kwemezwa ko banduye Ebola, nubwo ubu byibazwa ko icyo gihe iki kiza cyari kimaze amezi gitangiye, kikaza gutahurwa nyuma.

Inzobere mu by’inkingo zo mu ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buzima (OMS) zagiye inama ko urukingo rumwe gusa rwa Ebola ruriho rwemejwe rwageragerezwa ku bantu mu buryo busesuye, kugira ngo harebwe niba rutanga ubwirinzi kuri ubu bwoko bushya bwa Bundibugyo bw’iyi virusi.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments