Ikipe ya APR FC yamaze kongera amaraso mashya
mu batoza bayo aho umunya-Maroc Fouzir Mohamed yagizwe umutoza mushya wongerera
ingufu abakinnyi (Fitness coach).
Uyu mutoza
yari asanzwe akorera mu Bufaransa ari naho atuye ndetse afite ubunararibonye
kuko yakoreye mu bihugu bitandukanye birimo Maroc, Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu,
Saudi Arabia, Iraq, u Bubiligi na Gabon.
Fouzir
Mohamed ufite impamyabumenyi y’ikirenga mu kongerera ingufu abakinnyi yamaze
gutangira akazi mu ikipe y’Ingabo z’Igihugu aho asimbuye Chahid Mohamed wari
usanzwe ayikora.
Ibi bije
nyuma y’uko APR FC inenzwe ko abakinnyi bayo bigaragara ko nta gatege gahagije
bafite bishingiye ku kuba Chahid Mohamed wari usanzwe ashinzwe kubongerera
imbaraga imyaka yari iri kumujyana.
APR FC
ikomeje imyitozo yitegura imikino y’umwaka utaha w’imikino irimo Shampiyona na
CAF Champions League, ari nako ikina imikino ya gicuti itandukanye aho no kuri
uyu wa Mbere tariki 17 Kanama 2026 irakina na Al Merrikh kuri Kigali Pele
Stadium saa 18:00.
Like This Post? Related Posts