Uwimana
Clarisse, umunyamakuru w’imikino kuri B& FM Kigali akaba yarahoze akina umupira w’amaguru yagizwe Visi
Perezida w’ikipe ya AS Kigali, asimbura Kankindi Anne-Lise Lida weguye kuri uyu
mwanya.
Uyu
mwanzuro wafashwe kuri iki Cyumweru tariki ya 16 Kanama 2026, mu Nama y’Inteko
Rusange yahuje abanyamuryango b’iyi kipe maze ahabwa inshingano zo
kungiriza Perezida wa AS Kigali, Rindiro Jean Chrysostome.
Uwimana
Clarisse afite amateka akomeye mu mupira w’amaguru Aho yawukinnye nk’uwabigize
umwuga muri APR WFC mbere yo gutangira itangazamakuru
Mu
myaka ishize yagiye yakurikiye imbonankubone amarushanwa akomeye mpuzamahanga,
arimo Igikombe cy’Isi cy’Abagore, Igikombe cy’Isi cy’Abagabo giheruka kubera
muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ndetse n’Imikino Olempike.
Usibye
kuba umunyamakuru, Uwimana Clarisse asanzwe ari umwe mu bagize Komisiyo
Ishinzwe Iterambere rya Ruhago y’Abagore muri FERWAFA.
Like This Post? Related Posts