• Imyidagaduro / IBITARAMO

Umuhanzi Diamond platnumz wari utegerejwe i kigali kuri uyu wa gatanu mu masaha ya mu mugitondo yageze i kigali .

Nkuko byari byari byamenyeshejwe itangazamakuru n'ubuyobozi bwa East African Promoters byari biteganyijwe ko uyu muhanzi agera i Kigali kw'isaha ya saa tatu ariko siko byagenze kuko abanyamakuru benshi bazindukiye ku kibuga cy'indege cya Kigali  ariko baramutegereza baraheba ariko bakomeze kubwirwa ko aza vuba kugeza kw'isaha ya saa kumi n'imwe bamwe mu bagize itsinda rye barangajwe imbere na RJ The Dj naba byinnyi basohotse mu kibuga  .

Ariko nubwo abanyamakuru bari ku kibuga wabonaga  bafite umunaniro babashije kwakira Dj Etania wo muri Uganda we wageze i Kigali mu masaha ya mbere ya saa sita  yakirwa neza n'inkumi zo muri Kigali Protocole  na bamwe mu bayobozi bo muri EAP

Nubwo abanyamakuru bari bazindutse ndetse bakihangana ubwo yahageraga yimye umwanya itangazamakuru yahise qjya mu modoka yerekeza kuri hotel .

Mu bindi bintu byatunguranye mu kwakira Diamond Platnmuz nuko ku kibuga cy'indege nta muhanzi n'umwe  mubo bazahurira ku rubyiniro yaba Nel Ngabo umaze iminsi ku mugabane w'iburayi ndetse na Bruce Melodi na na Ish Kevin  ibintu byateye benshi kwibaza impamvu abo bahanzi bataje kwagira mugenzi wabo kandi bamwe bafitanye indirimbo .

 Biteganyijwe ko igitaramo  Diamond Platnumz Experience tariki ya 29 Kanama 2026 muri Parking ya BK Arena aho azafatanya bahanzi nyarwanda Bruce Melodie,Nel Ngabo na Isha Kevin ndetse na Dj Etania kuva muri Uganda utibagiwe na RJ the Dj usanzwe acurangira Diamond 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments