Polisi y’Igihugu
yataye muri yombi abagbao
batanu bari barigize abakozi b’ikigo cy’igihugu
gishinzwe ibijyanye n’Ingufu RG nyuma y’uko
batanzweho amakuru yo kwangiza ibikorwa
remezo birimo guca insinga z’amashanyarazi mu murenge wa Jali bigatuma
abaturage baho bahora mw’icuraburindi
riteza ubujura n’ibindi bikorwa by’Urugomo .
Nyuma y’intabaza
nyinshi z’abaturage bo muri uwo murenge
Polisi y’igihugu yatangiye ibikorwa byo
guhiga abo bagizi ba nabi guhera ku tariki ya 21z’ukwezi
gushize kugeza kuri uyu wa 09 Nzeri 2026 aho muri icyo gikorwa hafashwe
abagera kuri 5 bazwi kw’izina ry’abahigi
bazwiho kwiba ibikorsho by’amashanyarazi
ndetse no gukata insinga ziyatwara mu ngo z’abaturage
Abo bafashwe
na Polisi mu ibazwe ry’ibanze
biyemereye ko bigeze
kuba abakozi b’ikigo cy’igihugu gishinzwe ingufu REG bikaba byarabafashaga gukora ibyo bikorwa
biboroheye .
Mubyo abo bagabo
batanu bafatanywe harimo imyambaro y’abakzoi ba REG n’ibindi bikoresho
byinshi byifashishwa n’abakora
amashanyarazi ndetse n’Insiga n’ibindi
byinshi bagiye biba ku mapoto yo muri uwo murenge Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi
wa Kigali CIP Wellars GAHONZIRE yatangaje ko Polisi y’u Rwanda ishimira
abaturage batanze amakuru aba bantu bagafatwa, iranasaba abaturage kujya bagira
amakenga ku bantu burira amapoto bavuga ko ari abakozi ba REG, aho abaturage
bababonye bajye batanga amakuru kuri Polisi kuko byagaragaye ko baba ari
abajura biba insinga insinga z’amashanyarazi bigatuma abaturage babura umuriro,
ibi kandi bishobora no kuba intandaro z’ibikorwa bihungabanya umutekano mu gace
umuriro wagiye.
CIP
Gahonzire yibukije abaturage kwirinda kujya bitondera abantu
babaka amafaranga babeshya ko bazabagezaho umuriro ku mafaranga make, aba nabo
ni abatekamutswe bagamije kwiba abaturage, mujye mutanga amakuru aho mu babonye
bafatwe bahanwe.
Polisi y’u
Rwanda irihanangiriza abajura bangiza ibikorwaremezo by’amashanyarazi ko
batazihanganirwa kuko ari abanzi b’iterambere ry’igihugu, iranihaniza abacuruzi
bagura ibikoresho by;amashanyarazi byakoreshejwe kuko usanga babigura n’abajura
nyuma bakabigurisha abaturage, uzajya asanganwa ibikoresho by’amashanyarazi
atagaragaza aho yabikuye nawe azajya afatwa nk’umujura abihanirwe.
Ingingo ya
182 yo mu Itegeko No.68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano
muri rusange, ivuga ko umuntu wese usenya cyangwa wonona ku bw’inabi, ku buryo
ubwo ari bwo bwose, inyubako yose cyangwa igice kimwe cyayo, inzu, iteme,
urugomero, uruhombo rw’amazi n’inzira yarwo, inzira ya gari ya moshi cyangwa
ibikoresho ibyo ari byo byose by’itumanaho cyangwa by’ingufu z’amashanyarazi,
amariba cyangwa izindi nyubako zose bitari ibye, aba akoze icyaha.
Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka 3 ariko kitarenze imyaka 5 n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni 3 ariko atarenze miliyoni 5.