• Amakuru / POLITIKI


Abantu batanu bishwe, abandi 67 barakomereka, barimo abana umunani, mu gitero cy’indege zitagira abapilote (drones) cy’u Burusiya cyibasiye agace k’ubucuruzi mu mujyi wa Pavlohrad, mu Ntara ya Dnipropetrovsk, mu burasirazuba bwa Ukraine.

Igitero cyabaye ku manywa yo ku wa Kane, tariki ya 10 Nzeri 2026, ubwo mu mujyi hari abantu benshi. Abategetsi bo muri Ukraine bavuga ko drones z’u Burusiya zasenye cyangwa zangiza amaduka, utuzu tw’ubucuruzi n’imodoka, mu gihe igice cy’umuhanda wo mu mujyi rwagati cyangiritse bikomeye.

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu wa Ukraine, Ivan Vyhivskyi, yavuze ko igitero cyabaye ahantu hari abantu benshi, ashimangira uburemere bw’ibyangijwe.

Mu bakomeretse harimo abana umunani. Abategetsi bavuze ko harimo abahungu bafite imyaka 13, 14, 15 na 17, ndetse n’abana b’abakobwa babiri bafite imyaka ine n’undi ufite imyaka 11. Bose bari kwitabwaho n’abaganga.

Amakuru ya mbere yari yatangajwe nyuma gato y’igitero yavugaga ko abantu babiri ari bo bari bamaze gupfa, abandi 18 barakomereka. Nyuma yaho umubare w’abapfuye n’abakomeretse wakomeje kwiyongera, kugeza ubwo abategetsi batangaje ko abapfuye bageze kuri batanu, abakomeretse bakaba 67.

Abakozi babiri b’Urwego rushinzwe ubutabazi n’ibihe by’ibiza muri Ukraine na bo bakomeretse ubwo bari mu bikorwa byo guhangana n’ingaruka z’igitero, bajyanwa kwa muganga.

Abategetsi bo muri Ukraine bavuga ko hafi 90% by’ibyangijwe ari ibikorwa by’ubucuruzi, birimo amaduka n’ahacururizwa. Abashinzwe umutekano n’ubutabazi bakomeje gukorera ahabereye igitero, mu gihe inzego z’ubutabera zatangiye gukusanya ibimenyetso ku byangijwe n’igitero.

Ibitero bikomeje kwiyongera

Igitero cya Pavlohrad kibaye mu gihe u Burusiya bukomeje ibitero bikomeye by’indege zitagira abapilote na za misile ku bice bitandukanye bya Ukraine. Ku wa 8 Nzeri, igitero cy’u Burusiya cyibasiye Kyiv cyahitanye abantu batanu, abandi 35 barakomereka.

Ku wa 10 Nzeri kandi, ibitero by’u Burusiya byibasiye utundi duce twa Ukraine, birimo Kyiv, Donetsk, Kharkiv, Sumy na Mykolaiv, mu gihe ibikorwa byo kurwanya ibitero byo mu kirere bikomeje gushyirwa imbere na Kyiv.

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yatangiye mu buryo bwagutse muri Gashyantare 2022, ubwo Perezida Vladimir Putin yategekaga ingabo z’u Burusiya kwinjira muri Ukraine. Nubwo hakomeje ibiganiro by’ububanyi n’amahanga bigamije gushaka inzira y’amahoro, ibitero bya gisirikare biracyakomeje.

Ku ruhande rwa dipolomasi, intumwa za Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziherutse kugirana ibiganiro n’abayobozi b’u Burusiya n’u Ukraine, ariko kugeza ubu nta masezerano y’amahoro cyangwa agahenge karambye yatangajwe.

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelenskyy, na we akomeje gusaba ko igihugu cye gihabwa ubufasha bwisumbuye mu rwego rwo kwirinda ibitero byo mu kirere.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments