• Imyidagaduro / ABAHANZI

Nelly Misago Wilson, umuyobozi mukuru wa Zacu Entertainment n’umwe mu bantu bazwi cyane mu guteza imbere uruganda rwa sinema n’imyidagaduro mu Rwanda, yashyizwe muri Komite ishinzwe gutegura ibihembo bya Emmy Awards izwi nka IATAS

Misago Wilson azwi cyane mu bikorwa byo gukora no guteza imbere filime n’ibiganiro bya televiziyo bikorerwa mu Rwanda. Ni we washinze Zacu TV, urubuga rwibanda ku bikubiyemo imyidagaduro mu Kinyarwanda, ndetse akaba yaragize uruhare mu ikorwa rya filime zakunzwe nka Seburikoko, City Maid, Indoto, Ishusho ya Papa na Shuwa Dilu.

Kuba Misago Wilson yarashyizwe muri iyi Komite bifatwa nk’amahirwe akomeye ku Rwanda no ku bakora umwuga wa sinema n’ibitangazamakuru, kuko bimushyira mu itsinda rifite uruhare mu gutegura no guteza imbere kimwe mu bikorwa bikomeye byo guhemba abanyamwuga bakora kuri televiziyo ku rwego mpuzamahanga.

Uyu mwanya kandi ushobora gufasha kurushaho kumenyekanisha impano n’ibikorwa by’abanyarwanda bakora muri sinema na televiziyo, cyane cyane ko Misago amaze imyaka myinshi akora mu bijyanye no gutunganya ibiganiro, kwandika no gukora filime. Zacu TV ubwayo yashinzwe nk’urubuga rwa VOD rwibanda ku bikorerwa mu Rwanda, nyuma iza kugurwa na Canal+ Group mu 2022.


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments