Umusore w’imyaka 21 wari usanzwe akora akazi k’ubukarani mu Karere ka Rwamagana yicishijwe majagu nyuma yo kujya kunywera mu kabari k’abavandimwe babiri agatongana na bo ubwo yagaruzaga ibiceri 200 Frw bakarwana umwe akayimukubita mu mutwe.
Ibi byabaye ku
gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 16 Nzeri 2026 bibera mu Mudugudu wa
Kiboha mu Kagari k’Akabatasi mu Murenge wa Rubona mu Karere ka Rwamagana.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Iburasirazuba, SSP
Twizeyimana Hamduni, yatangaje ko uwo musore yagiye kunywera mu kabari
k’abavandimwe babiri, nyuma aza kurwana na bo umwe amukubita majagu ahita apfa.
SSP Twizeyimana
yavuze ko abo bavandimwe babiri bahise bamuviraho inda imwe baramukubita
hiyongeraho na mucoma na we araza bafatanya gukubita wa musore. Umwe muri abo
bavandimwe ngo yahise azana majagu ayimukubita mu gahanga undi ahita apfa.
SSP Twizeyimana yavuze ko abamukubise bahise batoroka, Polisi n’izindi nzego z’umutekano batangira kubashakisha aho umwe yafatiwe mu Murenge wa Nzige ari guhunga mu gihe abandi babiri bakiri gushakishwa.
Ibindi birebe muri iyi Video