• Imyidagaduro / ABAHANZI

Umuhanzi ukomeye wo muri Nigeria, David Adeleke, wamamaye ku izina rya Davido, yatangaje ko mu ntangiriro z’umwuga we w’ubuhanzi yagishije inama bagenzi be Wizkid na Wande Coal, abasaba kumugira inama ku buryo yashoboraga guhuza umuziki n’amashuri.

Davido yabitangaje ubwo yari mu kiganiro kivuga ku mateka n’iterambere ry’umuziki wa Afrobeats, aho yasobanuye uko yatangiye gutekereza ku kureka amashuri kugira ngo yibande ku muziki.

Uyu muhanzi yavuze ko Wizkid na Wande Coal bamubwiye ko niba ashaka kuva mu ishuri akibanda ku muziki, yagombaga kubanza kwigarurira imitima y’abakunzi b’umuziki no kuba umuhanzi uzwi cyane.

Davido yavuze ko yari azi neza ko se atari kumwemerera kureka amashuri ngo ajye gukora umuziki gusa. Icyakora, ibintu byaje guhinduka nyuma y’uko indirimbo ye “Dami Duro” imenyekanye cyane ndetse ikaba imwe mu ndirimbo zamufashije kuzamuka mu muziki.

Mu magambo ye, Davido yagize ati:

“Nabajije Wizkid na Wande Coal uko baretse amashuri bakajya gukora umuziki. Bambwiye ko uburyo bumwe ari ukugira ngo umuziki wawe ukomere cyane ukamenyekana.

Ati nari nzi ko papa atari kubyemera, ariko ubwo nasohoraga  indirimbo yanjye ‘Dami Duro’ yakunzwe cyane, sinashoboye gukomeza amashuri.”

Nubwo Davido yari amaze kugira izina rikomeye mu muziki, nyuma yaje gusubira ku ishuri, ahuza amasomo n’umwuga we w’ubuhanzi.

Davido yasobanuye ko kugira ngo agaruke mu ishuri, yagiranye amasezerano na se. Muri ayo masezerano, yemeye gusubira kwiga, ariko na we asaba ko ahabwa studio yo gufatiramo indirimbo, ndetse agahabwa uburenganzira busesuye bwo gukomeza umwuga we w’umuziki.

Ibi byatumye Davido abasha gukomeza kwiga ari na ko akomeza gukora umuziki, kugeza ubwo yaje kurangiza amashuri makuru.

Davido yaje gusoza amasomo muri Babcock University, aho mu mwaka wa 2015 yahawe impamyabumenyi ya Bachelor of Arts mu Muziki.

Inkuru y’ubuzima bwe igaragaza urugendo rw’umuhanzi wagiye ahura n’ihuriro rikomeye hagati y’amashuri n’umwuga w’umuziki. Nubwo indirimbo “Dami Duro” yamufashije cyane kumenyekana, Davido yaje gusubira mu ishuri ndetse ararirangiza, ari na ko akomeza guteza imbere umwuga we w’ubuhanzi.

Davido ni umwe mu bahanzi bakomeye bakomoka muri Nigeria bagize uruhare mu gukwirakwiza umuziki wa Afrobeats ku rwego mpuzamahanga. Indirimbo ze ndetse n’ibikorwa bye mu muziki byamufashije kugira abakunzi benshi muri Afurika no mu bindi bice bitandukanye by’isi.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments