Umuhanzi
ukomeye wo muri Nigeria, David Adeleke, wamamaye ku izina rya Davido, yatangaje
ko mu ntangiriro z’umwuga we w’ubuhanzi yagishije inama bagenzi be Wizkid na Wande
Coal, abasaba kumugira inama ku buryo yashoboraga guhuza umuziki n’amashuri.
Davido
yabitangaje ubwo yari mu kiganiro kivuga ku mateka n’iterambere ry’umuziki wa Afrobeats,
aho yasobanuye uko yatangiye gutekereza ku kureka amashuri kugira ngo yibande
ku muziki.
Uyu muhanzi
yavuze ko Wizkid na Wande Coal bamubwiye ko niba ashaka kuva mu ishuri akibanda
ku muziki, yagombaga kubanza kwigarurira imitima y’abakunzi b’umuziki no kuba
umuhanzi uzwi cyane.
Davido
yavuze ko yari azi neza ko se atari kumwemerera kureka amashuri ngo ajye gukora
umuziki gusa. Icyakora, ibintu byaje guhinduka nyuma y’uko indirimbo ye “Dami
Duro” imenyekanye cyane ndetse ikaba imwe mu ndirimbo zamufashije kuzamuka mu
muziki.
Mu magambo
ye, Davido yagize ati:
“Nabajije
Wizkid na Wande Coal uko baretse amashuri bakajya gukora umuziki. Bambwiye ko
uburyo bumwe ari ukugira ngo umuziki wawe ukomere cyane ukamenyekana.
Ati nari nzi
ko papa atari kubyemera, ariko ubwo nasohoraga
indirimbo yanjye ‘Dami Duro’ yakunzwe cyane, sinashoboye gukomeza
amashuri.”
Nubwo Davido
yari amaze kugira izina rikomeye mu muziki, nyuma yaje gusubira ku ishuri,
ahuza amasomo n’umwuga we w’ubuhanzi.
Davido
yasobanuye ko kugira ngo agaruke mu ishuri, yagiranye amasezerano na se. Muri
ayo masezerano, yemeye gusubira kwiga, ariko na we asaba ko ahabwa studio yo
gufatiramo indirimbo, ndetse agahabwa uburenganzira busesuye bwo gukomeza
umwuga we w’umuziki.
Ibi byatumye
Davido abasha gukomeza kwiga ari na ko akomeza gukora umuziki, kugeza ubwo yaje
kurangiza amashuri makuru.
Davido yaje
gusoza amasomo muri Babcock University, aho mu mwaka wa 2015 yahawe
impamyabumenyi ya Bachelor of Arts mu Muziki.
Inkuru
y’ubuzima bwe igaragaza urugendo rw’umuhanzi wagiye ahura n’ihuriro rikomeye
hagati y’amashuri n’umwuga w’umuziki. Nubwo indirimbo “Dami Duro” yamufashije
cyane kumenyekana, Davido yaje gusubira mu ishuri ndetse ararirangiza, ari na
ko akomeza guteza imbere umwuga we w’ubuhanzi.
Davido ni
umwe mu bahanzi bakomeye bakomoka muri Nigeria bagize uruhare mu gukwirakwiza
umuziki wa Afrobeats ku rwego mpuzamahanga. Indirimbo ze ndetse n’ibikorwa bye
mu muziki byamufashije kugira abakunzi benshi muri Afurika no mu bindi bice
bitandukanye by’isi.
Like This Post? Related Posts