• Amakuru / POLITIKI


Abantu benshi bigaragambije i Tel Aviv bamagana Guverinoma ya Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, mu gihe hasigaye ibyumweru bike ngo habe amatora y’Abadepite ateganyijwe ku wa 27 Ukwakira 2026.

Abigaragambya bari bitwaje amabendera ya Israel n’ibyapa basaba ko hakorwa iperereza ryigenga ku byabaye ku wa 7 Ukwakira 2023, ndetse banamagana intambara imaze igihe mu karere.

Bamwe mu bitabiriye imyigaragambyo bavuze ko badashaka gusa ko Netanyahu ava ku butegetsi, ahubwo ko bashaka n’impinduka mu buryo igihugu kiyoborwamo. Basabye kandi ko hashyirwaho komisiyo ya Leta yakora iperereza ku byabaye ku wa 7 Ukwakira, ndetse hakabaho ivugurura ry’imikorere y’inzego za Leta.

Muri Knesset, Inteko Ishinga Amategeko ya Israel, yemeje umushinga wo gushyiraho komisiyo yiswe “State-National Commission of Inquiry” wemejwe ku nshuro ya mbere muri Nyakanga 2026, ariko ugomba gukomeza gusuzumwa mbere yo kuba itegeko.

Imyigaragambyo ibaye mu gihe Israel yitegura amatora rusange yo ku wa 27 Ukwakira 2026. Netanyahu aracyayoboye guverinoma kandi ari mu bahatanira gukomeza kuyobora igihugu, mu gihe amashyaka atavuga rumwe na we na yo akomeje kwiyamamaza.

Abigaragambya bavuze ko bifuza ko amatora aba mu mucyo kandi mu bwisanzure, ndetse ko bazubahiriza ibyavuye mu matora.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments