Mu kiganiro kigufi yagiranye na BTN , Uyu mubyeyi w’abana batatu, avuga ko guhangayika kwe kwatangiye ubwo yabyaraga uyu mwana w’umuhungu ku itariki ya 08 Werurwe 2023 noneho abaganga bakora ku bitaro by’Ikigo Nderabuzima cya Kagugu bamubwira ko umwana we yavukanye ikibazo cy’ikibyimba kiri mu mugongo.
Nyuma yo gusangana umwana we ubwo burwayi, nyuma y’iminsi itatu avutse, Ubuyobozi bw’ibitaro bwafashe umwanzuro wo kumwohereza ku bindi bitaro bikorera mu karere ka Gakenye bya Ruri kugirango umwana abagwe neza icyo kibyimba.
Bitewe n’uburibwe umwana yari afite, nyina yahise amujyana yo arwarirayo noneho nyuma y’ibyumweru bibiri arabagwa kandi neza ariko bimuviramo ubundi burwayi bwamumugaje amaguru.
Umuganga w’inzobere wabaze uyu mwana, yabwiye NIRERE ko amusubiza mu rugo umwuna agakirirayo ndetse kandi iko indodo afiite zizivanamo nkuko byanagenze.
Bitewe nicyiciro cya III yari arimo cyubudehe byatumye agira ubwo bwo kujya kwaka ubufasha.
Gusa nyuma yo kubona ubuzima bwumwana bukomeje kujya mu mazi abiri yamusubije kwa muganga bamubwira ko abonye amafaranga ahagije bamuvura ubwo burwayi bwamumugaje amaguru bugakira.
Telephone ya NIRERERE ni 0786963638
Amashusho agaragaza akababaro uyu muturage afite
Ni inkuru ya NGABONZIZA Remy/BTN TV