• Amakuru / MU-RWANDA


Umusore wabaga mu karere ka Nyarugenge mu murenge wa Kimisagara mu Kagali ka Kimisagara ahazwi nka Kiruhura yasanzwe mu ntebe zicuruzwa yazipfiriyemo bayoberwa icyamwishe cyane ko hari abari birirwanye nawe babona ari muzima.

Umurambo wa Nyakwigendera bakundaga kwita Gipira ariko ubusanzwe yitwaga Murwanashyaka Emmanuel wabonetse muri iyo nzu ku wa 11 Nzeri 2025, yari afite imyaka 32 y’amavuko, mu buzima busanzwe yakoraga akazi ko kwikorera imizigo nk’uko byemejwe n’abo bagakoranaga banashimangiye ko nta makimbirane yajyaga agirana n’umuntu uwo ari we wese.

Ziriya ntebe yasanzwemo ngo nizo n’abandi bakora aka kazi bajyamo bakiryamiramo  ahanini birinda kujya gukodesha bitewe n’ubushobozi buke.

Umwe mu bari birirwanye na we yagize ati “Ejo rwose yari muzima, twaririrwanye anywa n’ikigage hano hirya. Ariko ngeze aha baravuga ngo hari umukarani wapfuye, bati ni uwitwa Gipira,  bati yaryamye arapfa.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu mujyi wa Kigali, CIP Wellaris Gahonzire yemeje iyi nkuru ati “ Mu masaha ya saa tatu ashyira saa ine abaturage bahamagaye polisi bavuga ko hari umuturage wapfuye, polisi rero n’izindi nzego zirimo iz’ibanze na RIB twahise tujya ahagaragaye uyu murambo bamusanga yapfiriye mu ntebe aryamye yubitse inda. Hahise rero hatangira iperereza kugira ngo hamenyekane icyamwishe, hafashwe ibimenyetso bya gihanga kugira ngo hamenyekane icyabiteye.”

Umurambo wa nyakwigendera wahise ujyanwa mu bitaro bya Kacyiru kugira ngo hakorwe iperereza ku cyateye uru rupfu.


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments