• Amakuru / MU-RWANDA


Abaturage bo mu karere ka  Musanze   bakoreshaga  umuhanda mushya  wa  Kaburimbo wo muri aka karere, ukanyura  kuri  kaminuza  ya  Ines Ruhengeri werekeza mu  Kinigi, baribaza impamvu uwo muhanda  wongeye gusenywa utamaze kabiri kandi  waratwaye amafranaga menshi.

Aba baturage bavuga ko bari bagize  amahirwe yo kubakirwa  umuhanda wa  kaburimbo unyura kuri kaminuza ya INES  Ruhengeri werekeza mu Kinigi ariko hadaciye kabiri wahise utangira  kwangirika bikomeye uzamo ibinogo none kuri ubu uwo muhanda wongeye gusenywa aho bavuga ko amafranga yahagendeye mbere yapfuye  ubusa kandi yakagombye gukora ibindi aho gusondeka nk'uko byagenze kuri uyu muhanda.

Umwe ati:"Twabonye baje kuwukora, hatarashira n'umwaka tubona uracitse, ujemo ibinogo, noneho muri iyi minsi twabonye imashini zigaritse kongera kuwukora, ariko ntabwo byari bidushimishije kubona warangiritse utamaze kabiri."

Undi muturage yagize ati:"Nonese wakora ikintu ukonona cyangiritse nta n'amezi angahe arashira ukabona cyangiritse ukumva hatarimo gutubura?. Tubona ari ikibazo gukora umuhanda mu minsi ibiri ukaba uracitse, baribakwiye gushyiraho abantu babishoboye, bagakora umuhanda ukaramba ukamara igihe. Ukuntu twumva ngo kaburimbo irahenda none ikaba yarapfuye ubusa."

Mugenzi we yunzemo ati:"ati:"Biratubabaza cyane kubona bubaka umuhanda bakawusondeka. Icyo dusaba ni uko hajya hakorwa ubugenzuzi neza mbere yo kwakira igikorwaremezo nk'iki?".

Umuyobozi w‘akarere ka Musanze, Nsengimana Claudien, yavuzeko bitwe n’uko  hari ibitarakozwe neza muri uyu muhanda ngo niyo mpamvu bahisemo kongera  kuwuvugurura.

Yagize ati:"Hari igihe mu mikorere haba hari ibitarabgenze neza bigomba gukosorwa. Ni mu rwego rwo gukosora ibitaragenze neza ku bahakoraga."

Kubera ko imbaraga n’amafaranga byakoreshejwe mbere kuri uyu muhanda bisa  n’ibyapfuye ubusa kandi bykagombye gukora  ibindi, aba baturage basaba ko abahabwa  amasoko yo kubaka imihanda bajya bayikora mu buryo bukomeye kandi n’inzego zibishinzwe zigashyira imbaraga  mu gukora  ubugenzuzi.

 


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments