• Amakuru / MU-RWANDA


Mu ijoro ryo ku wa 16 Nzeri 2025 mu mujyi wa Kigali ahazwi ku izina rya T2000 habereye ibimeze nk’imyigaragambyo nyuma y’aho umwe mu bakora ubucuruzi butemewe buzwi nk’Ubuzunguzayi yakubiswe n’umunyerondo maze bagenzi b’uwo muzunguzayi bateza akavuyo basabira uwo mugenzi wabo ubutabera.

Abo bazunguzayi batezaga akavuyo basaba ko imodoka y’Isuku n’Umutekano yari igiye gutwara uwo munyerondo itagenda ngo kuko yari amaze kwangiza mugenzi wabo icyakora polisi y’Igihugu ikihagera yahosheje ako kavuyo abo bazunguzayi bagabanya amarere.

Uwakubiswe BTN yabashije kwibonera byagaragaraga ko yakomerekejwe mu mutwe, bamwe mu bazunguzayi babonye akubitwa bavuze ko yakubiswe nyuma yo kwanga gutanga amafaranga agera ku bihumbi 5 yasabwaga n’uriya munyerondo kugira ngo amusubize imyenda yacuruzaga yari imaze gufatwa.

Umwe yagize ati “ Uyu mugabo bamwambuye imyenda itanu, umwenda umwe bagashaka kuwubarira ku mafaranga igihumbi, ni ko guhita bafata inkoni iriho umusumari bamukubita mu mutwe.”

Undi ati “Ni abanyerondo n’abadaso bamukubise, bamukubise ibintu byinshi cyane, biriya bintu ntabwo ari byo.”

CIP Wellaris Gahonzire, Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu mujyi wa Kigali yavuze ko mu guhosha iki kibazo hahise hatabwa muri yombi uriya munyerondo wakubise umuzunguzayi ndetse ko hanatangijwe iperereza ngo hamenyekane neza icyateje iriya mirwano.

Ati “Umunyerondo rero yabonye umugabo umwe wacuruzaga mu buryo butemewe agiye kumufata undi aramurwanya, mu kumurwanya rero byateje akavuyo aho ku ruhande rw’abazunguzayi bagenzi be bahise bahurura basa n’abajya gutabara mugenzi wabo, birumvikana rero umunyerondo nawe ntabwo yari wenyine, n’abandi banyerondo nabo bahise bajya gushaka guhangana n’abo bazunguzayi bitera akavuyo.”

Akomeza agira ati “Mu by’ukuri rero ntabwo byagenze neza ku ruhande rw’abanyerondo bari mu kazi kuko byateje akavuyo kandi ikindi n’abo bazunguzayi nabo bagaragaje imyitwarire mibi yo kurwanya inzego z’umutekano ziri mu kazi ndetse no gufunga umuhanda, Polisi rero ikorera mu karere ka Nyarugenge ikaba yatangije iperereza kugira ngo imenye uko byagenze.”

CIP Gahinzire yemeje ko koko muri ako kavuyo hagaragaye umuzunguzayi wakomeretse ndetse akaba ngo yahise ajyanwa kwa muganga ku bitaro bya Nyarugenge gusa ashimangira ko no ku ruhande rw’abanyerondo nabo harimo uwakomeretse nawe wajyanwe kwa mu muganga, ati “Tukaba rero turi gukurikirana ngo tumenye uko byagenze ndetse n’iyo myitwarire mibi abayigizemo uruhare bose bakurikiranwe bafatwe.”


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments