• Amakuru / MU-RWANDA


Mu gitondo cyo ku wa Kane, tariki ya 18 Nzeri 2025, mu Mudugudu wa Zuba, mu Kagali ka Nyarurama, mu Murenge wa Kigarama, mu Karere ka Kicukiro, mu Mujyi wa Kigali, habereye impanuka y'imodoka yo mu bwoko bwa Fuso ikomeretsa abantu 10.

Ababonye iyi mpanuka babwiye BTN TV ko iyo modoka ya Fuso ya kompanyi ikora ibikorwa by'ubwubatsi ya NPD COTRACO yari itwaye abakozi, umushoferi wayo yikanze umwana w'umunyeshuri warugiye kwambuka umuhanda (zebra closing), yanga kumugonga imodoka ayirenza umuhanda.

Bakomeza bavuga ko uwo mushoferi yagonze inzu y'ubucuruzi ya Nturanyenabo Emmanuel, abantu 10 bagakomereka barimo abo yari itwaye na nyir'inzu.

Umwe ati: "Ntabwo ari uburangare bwa shoferi, kubera ari iruhande rwa zebra closing, akana kari kagiye ku ishuri karamwambukana areba kukagonga..., ahitamo kuyirenza umuhanda aho kwica ako kana. Iriya modoka gufata feri bisaba gupompa gatatu ntabwo wafata feri ako kanya ngo bikunde."

Undi muturage wabonye iyi mpanuka yagize ati: "Umwana yaturutse hariya hirya agashaka kwambuka ariko akabona imodoka akaba aretse, noneho iriya Fuso igeze kuri zebra closing ahita ashaka kuyambukana yihuta bimwe by'abana. Shoferi yanga kugonga umwana... imodoka ayita munsi y'umuhanda."

Abaturage batuye n'abagenda muri aka gace bavuga ko hakunze kubera impanuka, bagasaba ko hakwiye kwitabwaho.

Umwe ati:"Ukwezi ntikwashira hatabaye impanuka byibuze enye. Hakwiye ubwirinzi nka dodane n'abantu bambutsa abana mu gitondo, saa Sita na nimugoroba. Ubuyobozi bubidufashemo."

Aba baturage bakomeje bavuga ko aha hantu hateye inkeke kuko n'umwaka ushize habereye impanuka ihitana umugore wa Nturanyenabo Emmanuel n'abana, none n'ubu na we yari imuhitanye.

Umuturage ati:"Hakwiye kugira igikorwa kuko uyu Emmanuel nta mwaka urashira impanuka ihitanye umugore we n'abana be babiri barimo n'uwo yari atwite, none reba na we iramugonze arakomereka."

Umunyamakuru wa BTN TV, yagerageje kuvugana n'Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda Ishami Rishinzwe umutekano wo mu muhanda kugira ngo agire icyo avuga ku kigiye gukorwa hariya hantu ariko ntibyamukundiye.

Impanuka zo mu muhanda ni ikibazo gihangayikishije isi yose bitewe n’uko ziri mu biza ku isonga mu guhitana ubuzima bw’abantu benshi ku Isi, aho buri mwaka abarenga miliyoni bahitanwa na zo, abandi bagakomereka.

Imibare itangazwa n’Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda, igaragaza ko mu Rwanda haba impanuka zibarirwa hagati ya 13 na 15 ku munsi.

Mu gihe mu mwaka wa 2024, mu Rwanda habaye impanuka zo mu muhanda zisaga ibihumbi 9, zikaba zarahitanye ubuzima bw’abantu 350.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments