• Amakuru / POLITIKI


Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Felix Antoine Tshisekedi yashatse kwifashisha inama ya Global Gateway Forum iri kubera mu Bubiligi ngo agaragaze ko u Rwanda ari rwo nyirabayazana w’intambara ya M23 maze minisitiri w’Ububanyi n’amahanga n’ubutwererane w’u Rwanda, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe amubera ibamba.

Iyi nama ikomeje kubera i Bruxelles mu Bubiligi yitabiriwe n’abakuru b’ibihugu bitandukanye barimo uwa Afurika y’Epfo, Angola, DRC, U Rwanda n’ibindi. Ni inama itegurwa na Komisiyo y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU), igamije kongera imikorananire hagati y’Ibihugu hagamijwe guhangana n’ibibazo byugarije Isi.

Ubwo yari ahawe ijambo muri iyi nama, Perezida Tshisekedi yashatse guhita yigaragaza nk’ugize amahirwe agahura na Perezida Kagame ndetse anakoresha amagambo amugaragaza nk’uwicishije bugufi asaba Kagame kumufasha akaganiriza inyeshyamba za M23 zigahagarika intambara mu Burasirazuba bwa DRC.

Tshisekedi yagize ati: “Ndasaba iyi nama kuba umuhuza, ndetse n’isi yose, kandi ndanahana ukuboko na nyakubahwa Perezida Kagame nk’ikimenyetso ko nifuza kugera ku mahoro.”

Adaciye ku ruhande muri iyi nama Tshisekedi yabwiye Perezida Kagame ngo “Ukwiye gutanga itegeko ku ngabo za M23 zishyigikiwe n’igihugu cyawe zigahagarika intambara kuko imaze guhitana ubuzima bwa benshi.”

Perezida Kagame ntacyo yasubije kuri ubu busabe bwa Tshisekedi uretse ko gusa mu ijambo rye yisunze ibyatangajwe na Perezida w’Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa wavuze ko kuba umuyobozi wa DRC n’uw’u Rwanda bahuriye hamwe ari “imbaraga ziganisha ku mahoro”

Ni mu gihe ariko Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe we yahise asubiza Tshisekedi ku rubuga rwa X (Twitter) agira ati “Tshisekedi akwiye gucika kuri iyi mikino ya politiki idafite ishingiro. Uribeshya cyane umuntu wenyine ufite ubushobozi bwo guhagarika ubu bwiyongere bw'intambara ni Perezida Tshisekedi, kandi ni we wenyine.”

Nduhungirehe yakomeje avuga ko kuba Tshisekedi yakoresha urubuga rw’inama nk’iyi ya Global Gateway Forum kugira ngo atangaze ibirego n’ibinyoma ku Mukuru w’igihugu ndetse akiyerekana nk’aho ari umuntu ushaka ko ibibazo birangira nyamara mu kuri ari we ubiba intambara, ibyo ari amakosa.

Kuva mu mwaka wa 2021 Umutwe wa M23, wakije umuriro ku gihugu cya Congo ndetse kuri ubu uyu mutwe ni wo ugenzura ibice byinshi by’Intara za Kivu mu burasirazuba bwa DRC.

Leta ya Congo ntihwema gushinja u Rwanda kuba ari rwo rutera inkunga uyu mutwe wa M23 icyakora u Rwanda narwo ntiruhwema kuyigaragariza ko irwibeshyaho.

U Rwanda na DRC byari byateye intambwe ibiganisha ku mahoro arambye aho byashyize umukono ku masezerano y’amahoro yasinyiwe i Washington muri Amerika, icyakora abasesenguzi bo babona ko aya masezerano bigoye ko yatuma mu Burasirazuba bwa DRC hagaruka amahoro cyane ko M23 iharwanira itayagizemo uruhare.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments