• Amakuru / POLITIKI


Leta y’u Burundi imaze iminsi yohereza ingabo zayo mu bice by’ingenzi byo muri teritwari ya Uvira, Fizi na Mwenga mu ntara ya Kivu y’Amajyepfo kugira ngo zikumire abarwanyi b’ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Urubuga SOS Medias rwatangaje ko imodoka zitwaye abasirikare b’u Burundi zagaragaye muri santere ya Kitoga, Muhuzi no mu ishyamba rya Itombwe, kandi ko bongerewe mu bindi bice birimo Minembwe, Mikalati, Kipupu na Point Zero muri Fizi.

Abasirikare b’u Burundi boherejwe muri ibi bice nyuma y’aho mu bumweru bibiri bishize AFC/M23 ifashe utundi duce muri Kivu y’Amajyepfo turimo, Luntukulu, Chulwe, Kishadu na Lubimbe; isatira santere ya Mwenga n’iya Shabunda.

Uretse gukumira abarwanyi ba AFC/M23 kugira ngo badakomeza kwagura ibirindiro basatira Uvira, hari amakuru ahamya ko abasirikare b’u Burundi bafite umugambi wo kugaba igitero ku birindiro by’umutwe wa Twirwaneho mu gace ka Mikenke kari muri Minembwe.

Leta ya RDC na AFC/M23 tariki ya 14 Ukwakira 2025 byagiranye amasezerano yo gushyiraho urwego ruhuriweho ruzajya rugenzura iyubahirizwa ry’agahenge, ariko bigaragara ko ingabo z’u Burundi zikorana n’iza RDC zifite undi mugambi.

Ingabo z’u Burundi zikorera muri RDC hashingiwe ku masezerano ibihugu byombi byagiranye mu 2022, avugururwa mu 2023. Ubu muri Kivu y’Amajyepfo hari izigera ku bihumbi 20, ziganje mu bice byo muri Uvira na Fizi.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments