• Amakuru / MU-RWANDA


Mu kagali ka Kagasa ho mu murenge wa Ntarama ho mu karere ka Bugesera haravugwa inkuru y’akababaro y’amuryango w’Abantu batandatu bariye inkoko batoraguye yapfuye kuri ubu babiri barimo umwana na Se bakaba bamaze gupfa mu gihe abandi bo bajyanwe kwa muganga.

Mu bajyanywe kwa muganga babiri barimo undi mwana umwe na Nyina wabo nibo abaturage bemeza ko barembye cyane mu gihe abandi bo uko bagaragara bisa nk’aho byoroshye.

Amakuru atangwa n’abaturage avuga ko ari inkoko 3 umwe mu bana bo muri uyu muryango yatoraguye hafi y’ibiraro byazo cyane ko banaturanye n’ibyo biraro ngo zikaba zari zahajugunywe n’abazorora zapfuye.

Ntihavugwa icyari cyazishe cyane ko na banyiri ibi biraro batifuje kugira icyo bavuga kuri iyi nkuru, icyakora abo mu muryango wa ba nyakwigendera bo basaba koi bi biraro by’inkoko bikwiye gukurwa aha hantu kuko n’ubundi ari mu baturage cyane.

Aba baturage bakomeza bavuga ko “kuba ibi biraro zororewemo nyirabyo atarateguye aho kujya ajugunya intumbi z’izipfushije ahubwo bakaba bajijugunya aho babonye na byo bikwiye kwamaganirwa kure kuko ari ugushyira ubuzima bw’abaturage mu kaga.”

BTN turacyashakisha inzego z’ubuyobozi muri aka gace ngo zigire icyo zivuga kuri iyi nkuru dukomeje kubatunganyiriza.

Ni kenshi inzego z’ubuzima zisaba abaturage kwirinda kurya inyama zikomoka ku itungo ritapimwe n’abaganga b’amatungo ngo hamenyekane nib anta burwayi inyama zaryo zateza umuntu uziriye.

Abahanga mu buzima bavuga ko inyama z’itungo ryipfushije ari mbi cyane kuko ziba zanumiyemo amaraso yaryo kandi akenshi ayo maraso akaba ari yo aba arimo virusi cyangwa ubundi burwayi bwishe iryo tungo bityo warirya ubwo burozi bw’uburwayi bwarihitanye bukaba nawe bwaguhitana.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments