Sadati Munyakazi, yasabye imbabazi
kubera imvugo yakoresheje imvugo ipfobya Abarundi n’Abanye-Congo, aho yavugaga
ko Abanyarwanda bakwiriye
gukora cyane kugira ngo bakire, mu myaka iri imbere bazajye batanga akazi ko
gukubura imihanda yo mu Rwanda no koza ubwiherero ku Barundi n’Abanye-Congo.
Ni amagambo yatangaje ku wa 12 Ukwakira
2025, mu kiganiro yatangiye mu Karere ka Kicukiro, agamije gukangurira
urubyiruko kwiteza imbere, ashingiye ku buhamya bwe.
Sadate usanzwe ari rwiyemezamirimo
akaba n’umushoramari ndetse akaba yarigeze kuyobora ikipe ya Rayon Sports. Uyu
mugabo kandi akunze gukora isesengura kuri politiki y’Akarere.
Mu buryo bwo gushishikariza urubyiruko
kuvana amaboko mu mufuka, Sadati yatanze ubuhamya avuga ko yavukiye mu giturage
ariko kubera umuhate no gushakisha ageze ku iterambere.
Sadate yakomeje asaba uru rubyiruko
gushyira imbaraga mu bijyanye no kwikorera, aho gutegereza ko ruzahabwa akazi.
Yavuze ko Abanyarwanda nibagera aha
bazaba bari ku rwego rwo gukoresha Abarundi n’Abanye-Congo imirimo irimo
gukubura imihanda no koza ubwiherero.
Ati“Iyo ni imbogamizi ijyanye
n’imyumvire, abantu dukwiriye kumva ko kubona akazi ari kimwe, ariko mwumve ko
tugomba kuba abakire, ahubwo tugasigara duha akazi abanyamahanga badukikije
nk’Abarundi bakaza gukora imihanda yacu, Abanye-Congo bakaza koza ubwiherero
bwacu, kuko tuzaba twabasize cyane, ari twe bakire, dufite abakozi dukoresha.”
Amagambo ye, ku mbuga nkoranyambaga
yavuzweho n’abatari bacye ndetse bamwe bamusaba kugorora imvugo ‘ kuko
Abanyafurika bose ari bamwe.’
Nyuma yo kumva ibitekerezo
bitandukanye, yaciye bugufi, asaba imbabazi ku muntu waba wakomerekejwe n’ayo
magambo.
Yagize ati “ Nshingiye ku
bitekerezo byanjye bwite byumvikanishaga ko u Rwanda tuzatera imbere ku buryo
mu mwaka wa 2050 imirimo yo gukubura imihanda no gusukura ubwiherero
tuzayiharira abaturanyi bacu (Abarundi n’Abanye-Congo).
Nshingiye ku bitekerezo byinshi nabonye
ndetse n’inama nagiriwe n’abantu banyuranye nyuma yo kugisha inama
umutima wanjye.
Nshingiye ko Abanyarwanda twifuza kandi
duharanira iterambere ryacu ariko kandi mu iterambere ryacu tukaba turi kumwe
n’abavandimwe bacu b’ Abanyafurika, niseguye ku bumvise ubutumwa bwanjye
bukabagiraho ingaruka baba Abanyarwanda, Abarundi n’abakongomani ndetse
n’abandi. “
Sadi Munyakazi yavuze ko ashingiye ku
murongo mugari w’iterambere ry’Abanyafurika, yemeye ko yakoresheje
imvugo idakwiriye.
Ati “ Nemeye ko nakoresheje imvugo
idakwiriye yerekana ko hari abavandimwe bacu bazasigara inyuma bakajya ba
dukorera imirimo idashimishije, nkaba mbisabiye imbabazi k’uwo byagizeho
ingaruka wese. “
Yakomeje agira ati “ Nkaba nsabye kandi
imbabazi umuvandimwe wese w’Umunyafurika kuko natatiye intego ngari y’ubumwe
bwacu nk’Abanyafurika. “
Amagambo ya Sadate ku Barundi
n’Abanye-Congo yakuruye impaka, bamwe bagaragaza ko atari akwiriye .
Ni mu gihe abandi bashimangiye ko
ibyo yavuze ntacyo bitwaye bijyanye n’uburyo umubano kuri ubu mu bihugu byombi
uhagaze