• Amakuru / POLITIKI

Minisitiri w’Intebe Dr. Justin Nsengiyumva, yibukije abarangije muri Kaminuza y’u Rwanda kuzirikana ko ari bo mbaraga z’igihugu, bagakoresha neza ubumenyi bahawe mu guteza imbere igihugu.

Ni ubutumwa yahaye abanyeshuri barangije kaminuza y’u Rwanda kuri uyu wa Gatanu tariki ya 17 Ukwakira 2025.  

Minisitiri w’Intebe yavuze ko yishimiye kwifatanya na bo mu birori byo gusoza kaminuza mu mwaka 2025.

Minisitiri w’Intebe Dr. Justin Nsengiyumva yavuze ko uyu munsi atari umunsi usanzwe wo gusoza amasomo ahubwo ari n’umunsi wo kwishima no kunezerwa ibihe bamaze  bari gutegura ahazaza habo n’ah’igihugu.

Dr Nsengiyumva yashimiye Kaminuza y’u Rwanda, avuga ko guverinoma y’u Rwanda izirikana cyane uruhare rwayo mu iterambere ry’Igihugu.

Yongeyeho ko  nubwo bahawe ubumenyi, bakwiye kuzirikana ko batageze ku muhigo wabo ngo birare gusa ahubwo bakwiye gukomeza urugamba rw’iterambere.

Ati “ Nkuko mumaze gutera indi ntambwe, mwibuke ko impamyabumenyi zanyu atari ryo herezo rya nyuma. Ni intangiriro . Hanze bishobora kubagora ariko kandi hari amahirwe menshi , mwitegure, mukore cyane kandi murote ibintu bigari.”

Yabibukije ko amahirwe adashobora kwizana ahantu hatuje gusa ( comfort zone), abasaba  kutazaca inzira y’ubusamo mu gihe bari gushaka iterambere.

Yabibukije kandi ko mu gihe baba batangiye kwikorera cyangwa se bagiye mu nzego z’umutekano, bakwiye kubikorana ubunyangamugayo, guca bugufi kandi bagatanga serivisi inoze.

Ati “ Banyeshuri mwahawe impanyabumenyi, muzirikane ko ari mwe mbaraga z’igihugu.Ubumenyi mukuye muri Kaminuza y’u Rwanda, mugomba kubukoresha mu gufatanya n’abandi banyarwanda, mu gusigasira ibyiza twagezeho no guharanira kubyongera.

Yakomeje agira ati “ Kugirango ibi mubigereho murasabwa gukomeza kurangwa n’indangagaciro zibereye umunyarwanda, tukaba tubitezeho kuba urubyiruko rukunda igihugu, rukunda umurimo kandi ruharanira kuwunoza.”

Minisitiri w’Intebe yabasabye gukomeza kurangwa n’imyitwarire myiza .

Ati “Mwirinde imyitwarire idakwiye ndetse n’ingeso mbi zose zirimo ubusinzi,ubunebwe, kwiyandarika n’ibindi kuko bishobora gutuma mutagera ku nzozi zanyu.”

Abasoje amasomo muri Kaminuza y’u Rwanda bose hamwe ni 9526, barimo ab’igitsinagore 4204 n’ab’igitsinagabo 5322.

Koleji Nderabarezi ni 2554,  Koleji y’Ubumenyi n’Ikoranabuhanga ni 1688, Koleji yigisha iby’Ubugeni, Indimi n’Ubumenyi bw’Imibereho y’Abaturage ni  1006, Koleji yigisha iby’Ubucuruzi n’Ubukungu ni  2005, Koleji y’Ubuvuzi n’Ubumenyi mu by’Ubuzima ni  1136, ni Koleji y’Ubumenyi n’ubuvuzi bw’Amatungo ni 156.

Koleji y’Ubuhinzi, Amashyamba n’Ubumenyi mu by’Ibiryo 981.



 



Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments