• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE


Umugore wo mu Butaliyani yajyanye ikirego mu rukiko agiye kwaka gatanya ngo atandukane n’umugabo we, atungurwa no gusanga yaba we cyangwa umugabo we bakiri ingaragu mu irangamimerere, kuko umupadiri wabasezeranyije yibagiwe kwandikisha ishyingirwa ryabo mu mategeko.

Uyu muryango washyingiwe mu 2009 mu gace ka Messina, bashyingirwa n’umupadiri wagombaga kohereza icyemezo cyabo cy’ishyingirwa mu buyobozi mu gihe kitarenze iminsi itanu, ariko byarangiye atabikoze.

Nubwo imihango y’ubukwe bwabo yatwaye asaga ibihumbi 66 by’Amayero, ndetse baranubatse inzu y’agatangaza, nyuma y’amezi make bashyingiwe, umugore yananiwe kwihangana ajyana mu rukiko ikirego kwaka gatanya.

Ageze mu rukiko yatunguwe no gusanga ishyingirwa ryabo nta ho rizwi mu mategeko bityo na gatanya itashoboka ku bantu batashyingiranywe.

Ni bwo umugore yahise ashaka uburyo bakwandikisha ishyingirwa kugira ngo abone uko ahabwa gatanya ariko umugabo yanga gusinya kugira ngo ishyingirwa ryabo ryandikwe.

Kuri we yavuze ko nta mpamvu yo kwandikishya ishyingirwa kandi n’ubundi baramaze gushwana bateganya gutandukana, kandi abona ko byari kumutwara amafaranga menshi kuko bari kugabana amafaranga batunze.

Nyuma y’ibi uyu mugore yahise atanga ikirego arega uwo mugabo we, umupadiri wabasezeranyije ndetse na diyosezi yabasezeranyije, asaba indishyi z’akababaro ku bw’igihombo bamuteje.

Mu 2019, nyuma y’imyaka icyenda bashyingiwe, urukiko rwanzuye ko umugabo nta cyaha yakoze, ko nta mpamvu yari afite yo gusinya izo mpapuro, ndetse n’umupadiri ko nta cyaha yakoze. Urukiko rwavuze ko uwo mugore wareze nta bimenyetso bihagije afite ko hari icyo bamuhombeje.

Ntibyaciriye aho, uyu mugore yarajuriye inshuro eshatu, ndetse ageza ikirego no mu Rukiko rw’Ikirenga rw’u Butaliyani.

Ku wa 2 Nzeri 2025, Urukiko rw’Ikirenga rwanzuye ko ikirego nta shingiro gifite, ko gushyingirwa imbere y’itorero ryemerwa iyo umupadiri yatanze impapuro z’ishyingirwa mu buyobozi bwite bwa leta mu gihe kitarenze iminsi itanu, nyuma y’iyo minsi ko biba bitagishobotse keretse byemejwe n’abashyingiranywe bombi.

Rwanzuye ko umugabo kuba yaranze gusinya ngo ishyingirwa ryabo ryandikwe mu mategeko. Ni uko umugore yatashye amara masa.


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments