? Mu rwego rwo gutegura kimwe mu bitaramo bikomeye bya muzika muri Afurika, SKOL Malt, ku bufatanye na Intore Entertainment, yatangije ibikorwa byihariye byo gushimisha abakunzi b’umuziki i Kigali mbere y’igitaramo cya Davido’s 5ive Tour Concert kizabera ku wa Gatanu, tariki ya 5 Ukuboza 2025, muri BK Arena.
Nk’umufatanyabikorwa
mukuru mu bijyanye n’ibinyobwa bisembuye, SKOL Malt yatangije
gahunda yitwa “Davido’s
Ahanad Countdown”, ikubiyemo ibikorwa bitandukanye by’imyidagaduro
mu tubari (bar activations) n’ibikorwa byo kuri murandasi, bigamije kuzamura
amarangamutima n’amatsiko mbere y’iki gitaramo gikomeye.
Iyi
gahunda yatangiriye ku wa Gatanu ushize muri La Noche,
ahabereye album
listening party yabaye iy’abatumirwa gusa, yateguwe na SKOL Malt ku
bufatanye na Intore Entertainment. Hateganyijwe kandi n’izindi exclusive
nights zizabera mu tubyiniro tugezweho muri Kigali nka Molato
na Paddock,
aho hazaba harimo aba-DJ b’icyitegererezo mu gihugu.
Mu
bikorwa byose by’iyi gahunda, abakunzi ba SKOL Malt
bazajya bishimira umuziki, umunezero n’uburyohe bwayo, ndetse bahabwe amahirwe
yo gutsindira
amatike ya VIP, Regular cyangwa Pre-Event yo kwitabira
igitaramo cya Davido’s 5ive Tour, hamwe n’ibikoresho byihariye byamamaza SKOL
Malt.
“Muri
SKOL Malt, dushaka ‘gukomeza kuba Ahanad’. Ni ibyishimo nyabyo, abantu nyabo,
n’ingufu nyazo — kandi ntakindi kigaragaza ibyo neza nk’umuziki,”
ni ko Marie-Paule
Niwemfura, Umuyobozi ushinzwe kwamamaza muri SKOL
Brewery Ltd, yabitangaje.
Yakomeje agira ati: “Gukorana
na Intore Entertainment ndetse no gufatanya muri Davido’s 5ive Tour biduha
urubuga rwiza rwo kwizihiza uwo muco w’ibyishimo n’amarangamutima y’abafana
bacu. Turashaka kuzana ‘SKOL Malt vibe’ mu mujyi wa Kigali, kuva mu bikorwa byo
kubaririmbira kugeza ku ijoro ridash?irwaho
muri BK Arena.
Igitaramo cya Davido “5ive Tour Concert” ni kimwe mu
bitaramo bitegerejwe cyane muri Afurika, aho kizahuza abahanzi n’abafana
baturutse mu bihugu bitandukanye. Ku bufatanye na Intore Entertainment,
iki gitaramo kizaba umwanya wo guhuriza hamwe abafana b’umuziki wa Afurika
n’abakunzi ba Davido uzwi cyane kubera indirimbo nka “Feel”, “Unavailable”
na “Fall.”