• Amakuru / MU-RWANDA


Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rwataye muri yombi Bucyanayandi Emmanuel wagaragaye ku mbuga nkoranyambaga asaba abakirisitu gutanga imitungo yabo kugira ngo Imana ibakubire inshuro eshanu.

Hamaze iminsi ku mbuga nkoranyambaga, hakwirakwizwa amashusho magufi agaragaza uyu muvugabutumwa witwa Bucyanayandi ari mu rusengero, asaba abakirisitu gukora mu mifuka yabo, ikintu cya mbere kivamo bakagitanga kugira ngo Imana ibahe umugisha mu gihe kitarenze icyumweru kimwe.

Yagize ati:"Imana irambwiye ngo icyo ufite mu kiganza, kora mu mufuka, icyo uzamuye mu mufuka, wazamura contaque, wazamura imfunguzo z’inzu, icyo uzamura cyose ukizane hano imbere y’Imana. Ngiye kubasengera kugira ngo ibyo mutanze, Imana iraba ibakubiye inshuro eshanu mu cyumweru kimwe.

Niba ufite contaque, ugatanga imodoka imwe, mu cyumweru kimwe, uraba ubonye imodoka eshanu. Niba utanze inzu, mu cyumweru kimwe, Imana iraba ikubye inshuro eshanu. Niba utanze amafaranga, ari miliyoni, ziraba miliyoni eshanu mu cyumweru kimwe."

RIB yatangaje ko uretse gusaba abakirisitu gutanga imitungo yabo, Bucyanayandi anakekwaho gutera abantu ubwoba yitwaje ubuhanuzi, ababwira ko nibatayitanga, bazagira ibyago birimo urupfu n’indwara.

Ubutumwa bwa RIB ku rubuga rwa X buti "Ku bufatanye na Polisi, RIB yafashe Bucyanayandi Emmanuel wiyita umuvugamutumwa wagaragaye ku mbuga nkoranyambaga atera abantu ubwoba yitwaje ubuhanuzi akabasaba gutanga amafaranga kugira ngo batagira ibyago by'urupfu, indwara cyangwa ngo bakubirwe inshuro 5 ibyo batanze nk'ituro. Afungiye kuri Station ya RIB ya Remera, mu gihe dosiye ye irimo gutunganywa ngo ishyikirizwe Ubushinjacyaha."

Bukomeza buvuga ngo "RIB na Polisi barasaba abaturarwanda kudaha agaciro inyigisho nka ziriya zibizeza ibitangaza, kuko zigamije kubamaraho imitungo yabo ndetse no kubayobya, ahubwo bakita ku murimo bakarushaho kwiteza imbere ndetse ko RIB na Polisi bihanangiriza abantu bose bihisha mu buhanuzi bagamije kwiba ndetse no kuriganya abantu ko batazihanganirwa."

Mu bihe bitandukanye inzego zagiye zisaba abaturarwanda kudashiturwa n'ibihanurwa n'abiyita abahanuzi kuko akenshi biba ari ibinyoma bigamije kubayobya ngo babambure utwabo.

Amanyanga n'uburiganya nk'ubu bikorwa n'abiyita abakozi b' Imana biri no mu byatumye Leta y'u Rwanda ifunga zimwe mu nsengero zari zimaze kuba akajagari mu gihugu.

Ntihatangajwe ibyaha akurikiranweho ariko bimwe mu byaha uyu Bucyanayandi ashobora gukurikiranwaho harimo: Uburiganya, kwihesha ikintu cy'undi ukoresheje uburiganya, ubwambuzi bushukana,...

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments