Abantu bataramenyekana binjiye mu rugo
rw’umuturage wari usanzwe acuruza ibigage bamuteragura ibyuma baramwica,
abatuye muri aka gace bagasaba ko abakoze ibi mu gihe baba bafashwe bakwiye
nabo gushyirwa hagati mu baturage bakicwa.
Byabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa 21
Ukwakira 2025, bibera mu kagali ka Kagugu mu murenge wa Kinyinya ho mu karere
ka Gasabo mu mujyi wa Kigali.
Abaturage muri aka gace baravuga ko
nyakwigendera yari asanzwe ari umuntu mwiza wajyaga abafasha akanabagaburira ku
buryo bayobewe icyo abamwishe baba bamujijije.
Aho nyakwigerera yiciwe yari asanzwe
ahakorera ubucuruzi bwo gushabika ariko hakanabamo ikigage, umuhungu we niwe
wabomugezeho mbere nyuma y’uko yishwe, uyu yabwiye umunyamakuru wacu ko
yasanzwe yishwe ariko binagaragara ko habanje kubaho imirwano ndetse ko bimwe
mu bigage yacuruzaga byasanzwe byamenetse ariko bagashyira mu muryango imisego
mu rwego rwo kwirinda ko byagera hanze.
Umwe baturage batuye muri aka gace
yagize ati “Bamwitaga Mediatrice, ni ryo ndi kwibuka, yari umuntu mwiza, nta n'umuntu yagiriraga nabi,
yatugaburiraga, ntabwo turi kwibaza ukuntu bamwishe nta n'icyo dukeka baba
bamuhoye.”
Akomeza
agira ati “Ndi kumva babafashe icyaha kikabahama babashyira imbere hano
bakabica nk’uko bamwishe”
Inzego
z’ubuyobozi n’iz’ubugenzacyaha zageze aho nyakwigendera yiciwe zitangira
iperereza ngo hamenyekane ababa bihishe inyuma y’urupfu rwe. Icyakora turacyazishaka ngo zigire icyo zitangaza kuri iyi nkuru.
Nyakwigendera
yibanaga muri iyi nzu yiciwemo.
Like This Post? Related Posts