• Imyidagaduro / IBITARAMO

Ku mugoroba wo ku wa gatandatu tariki ya 25 Ukwakira 2025 nibwo Davis D  yataramiye mu Mujyi wa Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu aho yari yatumiwe n’agakoni Entertainment isanzwe itumira abahanzi i Dubai

 

Ubwo Davis D  yageraga ku kibuga cy’indege yakiriwe mu buryo bukomeye n’abantu benshi bagize uruhare mu itumirwa rye muri iki gitaramo. Uyu musore yageze muri uyu mujyi akubutse I Kigali  aho yakiriwe na abarimo Dj Traxx na bandi bagize agakoni Entertainment na abakunzi benshi baba muri uriya mujyi

 Batman watumiye Davis  mu Mujyi wa Dubai yadutangarije  ko igitaramo cy’uyu muhanzi cyaranzwe n’ubwitabire bwo hejuru

 Ati “Igitaramo cyagenze neza cyane, abantu bitabiriye, ‘Club’ yuzuye kugeza aho bamwe bagiye basubirayo. Kubera ko hano birinda ikintu cyose cyateza impanuka, kubera ko ntibajya bemera ko abantu bashobora kuzura ‘Club’.

 

Akomeza ati “Ikindi cyagaragaje ni uko abantu bishimiye Davis D cyane, kuko yanavuye kuri ‘stage’ abantu bakimukeneye cyane. Ikigaragara umuziki w’u Rwanda uri kugenda utera imbere cyane, ni intambwe igaragara rwose ko abantu bagenda bitabira umuziki cyangwa se ibitaramo by’abanyarwanda.”

 

Yavuze ko iki gitaramo kititabiriwe n’Abanyarwanda gusa, kuko harimo abarundi, abanya-Uganda, abanya-Kenya- abo muri Tanzania ‘ndetse harimo n’abarabu batuye hano twabashije gutumira bitabira igitaramo cyacu’.

 

Yungamo ati “Ndashimira cyane Davis D  kuko yitwaye neza cyane, ndashimira ikipe yose twakoranye mu gutegura iki gitaramo, abaduteye inkunga, ndetse n’itangazamakuru rikomeza guteza imbere umuziki wacu imbere, ni ibintu byiza cyane.”

 

Muri icyo gitaramo kandi ntago hagaragayemo Davis D kuko  harimo n’abandi bahanzi nyarwanda abakoera umuziki wabo muri Uriya mujyi nka Skapado Da Shatta ,Ice Rapper ndetse n’abadj’s bakunzwe cyane hariya  Dj Traxx ,Dj Noble , Dj Zeek  Demo






 

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments