• Imyidagaduro / ABAHANZI



Umuhanzi akaba n’umuraperi wo muri Nigeria, Ice Prince yasobanuye impamvu yatakaje ibiro byinshi, yemeza ko nta ndwara arwaye.

Umuhanzi wamenyekanye mu ndirimbo Oleku yavuze ko yari yaragize ibiro byinshi cyane byo ku nda bitewe n’imibereho itari myiza, hanyuma aherutse gufata icyemezo cyo kugabanya ibiro kubera impungenge y’abagize umuryango we n’inshuti.

Mu butumwa yashyize ku rubuga X ku wa Mbere, Ice Prince yasobanuye urugendo rwo kugabanya ibiro, anavuga ko producer Chopstix yamufashije cyane, amukangurira gukora imyitozo ngororamubiri.

Ice Prince yanditse  ati:“Imana ni nziza cyane mu buzima bwanjye… Inkuru ngufi!
“Nari ngiye guhuma… nta ndwara (Imana ishimwe) ahubwo ni imyitwarire mibi n’amahitamo mabi. Ariko Chopstix na Dami barambwiye bati ‘Ice reka tugabanye iyi nda’ icyo cyahise kinkora mu mutwe gituma ntangira urugendo… Guhera uwo munsi, Chopstix yatangiye kuza mu rugo buri munsi nyuma yo gufata ifunguro rya nimugoroba, tugatembera mu mudugudu wanjye isaha yose…

Ikiganiro cyacu cya buri gihe cyari cyiza cyane, nk’uko n’indi mishinga twagiye tuganiraho kuva tukiri abana!!! Ndashimira inshuti nyayo.”

Mu bihe biheruka, ibyamamare byinshi byo muri Nigeria byagiye bivugwa mu itangazamakuru ko birimo gutakaza ibiro byinshi.

Mu 2022, umukinnyikazi wa filime wari uzwi nk’ufite ibiro byinshi, Eniola Badmus, yatakaje ibirometero 80, ava kuri 170kg agera kuri 90kg.

Uyu mwaka, undi mukinnyikazi Mercy Johnson-Okojie na we yagarutsweho cyane kubera kugabanya ibiro ku buryo bugaragara. Nyuma yasobanuye ko byatewe n’impamvu z’ubuvuzi, avuga ko yakoze umubiri wa thyroid ndetse bikaba byaratumye hari abakeka ko yaba arwaye kanseri.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments