• Imyidagaduro / ABAHANZI

Ngabonziza Augustin, umwe mu bahanzi bo hambere wamamaye mu bihangano byamenyekanye mu myaka isaga 40 ishize, yitabye Imana azize uburwayi.

Ngabonziza yari amaze igihe arwariye mu Bitaro bya Kaminuza bya Kigali (CHUK).

Amakuru BTN ikesha bamwe  mubo  mu muryango we  ni uko uyu musaza yari amaze igihe arwaye kandi arembye.

Ngabonziza yamenyekanye mu muziki wo hambere muri orchestre Les Citadins ya mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Iyi yayishinganye na mukuru we Ngaboyisonga Bernard.

Yagize uruhare mu ishingwa rya Orchestre Irangira mu 2000 yashinganye Nikobisanzwe André Gromyko.

Orchestre Irangira yakanyujijeho cyane ahazwi nko kwa Lando yataramiraga buri wa Gatandatu. Gusa ahagana mu 2007 nibwo iyi Orchestre yaje gusenyuka bitewe n’impamvu zitavugwaho rumwe hagati y’abari bayigize.

Ngabonziza yamenyekanye mu ndirimbo zirimo “Rugori Rwera”, “Ancilla”, ‘‘Have Winsiga’’ n’izindi zitandukanye, zatumye aba umwe mu bahanzi bafite izina rikomeye.

 

https://youtu.be/kRTyqD4isog?list=RDkRTyqD4isog


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments