• Amakuru / POLITIKI


Umushinjacyaha wa repubulika muri komini za Kirundo na Busoni mu Ntara ya Butanyerera yafashe iy’ubuhungiro kuva ku itariki ya 22 Ukwakira. Aho amakuru aturuka mu begereye ubushinjacyaha avuga ko hasohowe impapuro zo kumuta muri yombi uwo munsi nyuma yo kuvumbura amafaranga arenga miriyali y’Amarundi muri konti bwite ya Jean Claude Ndemeye, amafaranga hataramenyekana neza aho yavuye.

Abatangabuhamya bavuga ko uyu mushinjacyaha yavuye i Busoni yerekeza i Bwambarangwe mbere yo kwambuka umupaka wa Kobero, mu ntara ya Muyinga, kugira ngo agere muri Tanzaniya. Aya makuru ntaremezwa n’abayobozi.

Aravugwaho ibyaha byo gufunga binyuranyije n’amategeko no kwambura abantu amafaranga yabo.

Mbere yo kubura, Jean Claude Ndemeye yari asanzwe aregwa ibyaha byinshi n’abaturage baho.

Muri Kirundo, imiryango myinshi imushinja kuba yarafunze abantu benshi binyuranyije n’amategeko no kwambura abantu utwabo mu biro by’ubushinjacyaha, akenshi kubera inyungu z’amafaranga nk’uko iyi nkuru dukesha SOS Medias Burundi ivuga.

Abatangabuhamya benshi bavuga ko uyu mushinjacyaha ngo yashyizeho ihuriro ry’abakomisiyoneri bashinzwe kuganira ku irekurwa ry’abafunzwe kugira ngo babone amafaranga.

Umuturage wo mu gace ka Bugabira yagize ati: “Ndetse n’abashinjwa icyaha bashoboraga guhita basohoka, igihe cyose bishyuye”.

Kwiruhutsa n’umujinya mu baturage

Muri komini za Kirundo na Busoni, gutoroka k’umushinjacyaha kwakiranwe uruvange rwo kwiruhutsa n’umujinya.

Abaturage benshi bavuga ko umushinjacyaha yirataga “gutakaza amafaranga” igihe yabaga atinjije byibuze miliyoni ebyiri mu cyumweru.

Umuturage wo muri Kirundo yagize ati: “Ni ihumure rikomeye kuri twe. Uyu mushinjacyaha yagiriye nabi inzirakarengane.”

Imiryango y’abantu bafunzwe yasabye umushinjacyaha w’agateganyo kongera gusuzuma dosiye z’abantu bafunzwe ku mabwiriza ya Jean Claude Ndemeye no kurekura byihuse abantu babo ndetse no gukurikirana  uyu mushinjacyaha

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments