• Amakuru / POLITIKI

?Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yashimangiye uburyo ikoranabuhanga rishingiye kuri Artificial Intelligence (AI) rifite ubushobozi bwo guhindura iterambere rya Afurika, asaba ibihugu byo kuri uyu mugabane gushyira imbaraga mu gukoresha iri koranabuhanga mu gukemura ibibazo bijyanye n’ibikenewe byihariye bya Afurika.

Ibi yabivugiye mu muhango wo gufungura Inama Mpuzamahanga ya Transform Africa Summit 2025 yabereye i Conakry muri Guinea, iyobowe na Perezida Mamadi Doumbouya, aho yagarutse ku rugendo rumaze imyaka irenga icumi kuva iyi gahunda yatangirizwa i Kigali.

Perezida Kagame yavuze ko guhera icyo gihe, Afurika yabonye amahirwe akomeye yo gushora imari mu kwagura internet yihuta (broadband) no gukoresha ikoranabuhanga mu guteza imbere ubukungu bushingiye ku guhanga udushya.

“Hashize imyaka irenga icumi dutangije Transform Africa Summit i Kigali. Icyo gihe, isi yari mu mpinduka z’ikoranabuhanga zikomeye. Amahirwe yari agaragara: gushora imari mu gukwirakwiza internet no kuyifashisha nk’isoko yo guteza imbere ubukungu,” Perezida Kagame yavuze.

Yakomeje avuga ko amasezerano n’imihigo byafashwe ubwo iyi gahunda yatangiraga bigikomeje, kandi ko hari intambwe ikomeje guterwa kubera ubufatanye bukomeye bwa Afurika n’abafatanyabikorwa bayo mpuzamahanga.

Perezida Kagame yibukije ko uko isi igenda ikoranabuhanga rirushaho gutera imbere, ari nako ibintu bigenda bigorana bitewe n’uburyo “ikoranabuhanga rihinduka vuba cyane kandi rikaba rirushaho kwihuza n’ibindi byose.”

Yagaragaje ko Artificial Intelligence, ari yo nsanganyamatsiko y’uyu mwaka, ari urubuga rushya Afurika igomba kwitaho cyane mu rugendo rwo guhindura ubukungu n’imibereho y’abaturage bayo.

“Ku ruhande rwa Afurika, intsinzi ntizaterwa gusa n’uburyo tuzashyira mu bikorwa iri koranabuhanga vuba, ahubwo n’aho tuzarikoresha. Iyo rikoreshwa mu bibazo bifitanye isano n’ukuri kwacu n’ibyo dukeneye nk’abanyafurika, ni bwo ritanga umusaruro mwinshi ku bushobozi bw’abantu bacu,” Perezida Kagame yasobanuye.

Perezida Kagame kandi yavuze ko mu Rwanda gusa, Artificial Intelligence izagira uruhare rwa 5% ku musaruro mbumbe w’igihugu (GDP), ikazateza imbere ubuvuzi, uburezi, ubuhinzi n’izindi nzego z’ingenzi z’ubukungu.

Transform Africa Summit 2025 yahuje abakuru b’ibihugu, abayobozi mu nzego za leta n’abashoramari mu ikoranabuhanga baturutse hirya no hino muri Afurika, baganira ku ngamba zo gukoresha ikoranabuhanga n’ubwenge bw’ubukorano (AI) mu guteza imbere iterambere rirambye n’ubukungu bushingiye ku guhanga udushya.

 



?

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments