• Amakuru / MU-RWANDA


Urukiko rw’Ibanze rwa Kiyumba mu Karere ka Muhanga, mu Ntara y'Amajyepfo, rwakatiye Musonera Germain wiyamamarizaga kuba umudepite mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda igifungo cy’imyaka 20, runategeka ko aha IBUKA indishyi z’akababaro zingana na Miliyoni 50Frw.

Urukiko rwemeje ko ikirego cy’Ubushinjacyaha gifite ishingiro, ruvuga ko Musonera Germain ahamwa n’icyaha cy’ubufatanyacyaha ku cyaha cya Jenoside bityo akaba agomba kugihanirwa.

Musonera urukiko rwamuhanishije igihano cy’igifungo cy’imyaka 20, runamutegeka guha IBUKA indishyi z’akababaro zingana na miliyoni 50Frw.

Urukiko kandi rwategetse Musonera Germain guha IBUKA indishyi zingana na miliyoni 1Frw, hakubiyemo amafaranga y’igihembo cya Avoka hamwe n’amafaranga yikurikirana rubanza.

Rwategetse ko Musonera asonerwa gutanga amafaranga y’amagarama y’urubanza kubera ko yakurikiranwe afunze.

Ubushinjacyaha ku rwego Rwisumbuye rwa Muhanga, bwasobanuye ko yayoboraga urubyiruko muri Komini Nyabikenke, mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Ubushinjacyaha buvuga kandi ko, usibye uwo mwanya yari afite, yari anafite akabari Interahamwe zanyweragamo zivuye kwica Abatutsi, ndetse akaba yaratunze imbunda ebyiri.

Musonera Germain we ahakana ibyaha byose ashinjwa, avuga ko mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 atari i Nyabikenke, kuko icyo gihe yari yarasubiye kwiga.

Uretse gusabirwa gufungwa burundu, IBUKA inasaba indishyi z’akababaro za miliyoni 500Frw.

Musonera Germain yakoze mu nzego zitandukanye muri Leta y’ubu, harimo no mu Biro bya Minisitiri w’Intebe, aho yavuye ashaka kwiyamamariza kuba Umudepite uhagarariye Umuryango RPF-Inkotanyi, muri iyi manda nibwo yaje gufatwa arafungwa. Inteko Iburanisha yari igizwe n’abacamanza batatu ndetse n’Umwanditsi w’Urukiko.

Mu Iburanisha ry’Ubushize Ubushinjacyaha bwari bwasabiye Musonera Germain igifungo cya burundu.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments