• Amakuru / MU-RWANDA


Mu Karere ka Gasabo, mu Murenge wa Bumbogo, hasanzwe umurambo w'umugabo wishwe n'abagizi ba nabi bataramenyekana bamukuyemo amaso ndetse binagaragara ko bamukubise ikintu mu mutwe.

Ibi byabereye mu Mudugudu wa Ruhinga, mu Kagari ka Ngara, mu Murenge wa Bumbogo, mu Karere ka Gasabo, mu Mujyi wa Kigali, kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 03 Werurwe 2026. 

Uyu murambo wa nyakwigendera wabonywe bwa mbere n'abacuruzi b'imbuto ubwo bari bagiye kurangura I Nyabugogo.

Bavuga ko bishoboka ko abagizi ba nabi bishe nyakwigendera bamwiciye ahandi nyuma bakamuzana aho ahasanzwe umurambo we mu rwego rwo gusibanganya ibimenyetso kuko aho bamusanze hari ahantu hakayiye imodoka.

Inkuru irambuye mu buryo bw'amajwi n'amashusho



Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments