• Amakuru / MU-RWANDA


Inkuru ikomeje kugarukwaho hirya no hino mu bitangazamakuru no ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye ni igaruka ku butumwa bwashyizwe ku rubuga rwa Instagram y’umuhanzikazi w’indirimbo z’Imana, Ishimwe Vestine aho yanditse agaragaza ko atishimiye uko abayeho mu rugo rwe.

Ni ubutumwa yanditse ariko ahita abusiba nyuma y’iminota mike aho yari yanditse mu rurimi rw’icyongereza amagambo agagaragaza ngo “Uyu munsi ubuzima ndimo si ubuzima nahisemo, ndi kuba mu buzima bubi kandi ibi sinari mbikwiriye, Ndabizi ko nafashe icyemezo kibi ariko nta kibazo. Imana yemera ko ibintu bibaho kugira ngo tugire ibyo twiga.”


Uyu muhanzikazi mu butumwa bwe yakomeje agaragaza ko nta wundi mugabo uzigera amubeshya, ati “Nize byinshi, nta wundi mugabo uzigera ambeshya ngo anyangirize ubuzima.”

Agaragaza ko undi mugabo azashaka azaba ari umugabo azi neza ndetse n’umuryango ukaba umuzi.

Vestine yasezeranye mu buryo bwemewe n’amategeko n’umugabo ukomoka mu gihugu cya Burkina Faso mu muhango wabereye mu Murenge wa Kinyinya tariki ya 15 Mutarama 2025. Ni mu gihe ku wa 5 Nyakanga 2025, mu Intare Conference Arena iherereye i Rusororo mu Mujyi wa Kigali ari bwo habaye ubukwe mu gusezerana imbere y’imana.

Hari bamwe mu bakurikiranira hafi ibibera mu muziki nyarwanda batekereza ko uyu muhanzikazi ashobora kuba anashaka gukora ibyitwa “Gutwika” cyane ko hari indirimbo ngo yenda gusohora yitwa ‘Usisite’.


Icyakora mu minsi yashize nabwo yari aherutse kugaragaza amarangamutima kuri murumuna we ko witwa Dorcas banaririmbana aho yavugaga ko atamwemerera gushyingirwa akiri muto.

Kuva yashyingirwa bamwe mu abakunzi be bakunze kugaragaza ko umugabo wamushatse atari uw’amahitamo kuko babonaga ari mukuru cyane amuruta bigatuma batizera ko urushako rwe rwazaramba.

Ntakindi kintu yari yatangaza kuva yasiba buriya butumwa bwe yari yashyize kuri Instagram.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments
  • Niyomugabo / 18 Nov 2025 Ishimwe vestne turamukundacyane nuko yadutengushye nkabafana abashaka igisaza????????????????????????