Ihuriro ry’imitwe yitwaje intwaro izwi nka Wazalendo, rishyigikiwe na Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) binyuze muri CNVDP-WAZ, ryirukanye Depite Willy Mishiki Buhini wari Perezida w’Inama y’Inararibonye yaryo, nyuma y’amagambo yemera ko iri huriro rifite uruhare mu gitero cya drones cyagabwe mu Mujyi wa Goma.
Mu
kiganiro yagiranye na TV5 Monde cyasohotse ku wa 11 Werurwe 2026, uyu mudepite
uhagarariye Teritwari ya Walikale Territory mu Nteko Ishinga Amategeko ya RDC,
yavuze ko abarwanyi ba Wazalendo bari kwisuganyiriza muri Virunga National Park
kugira ngo bongere kugaba ibitero bigamije kwisubiza Umujyi wa Goma.
Muri
icyo kiganiro, Mishiki yanemeje ko igitero cya drones cyagabwe mu rukerera rwo
ku wa 11 Werurwe 2026 i Goma, cyahitanye abasivili batatu barimo Karine
Buisset, wakoreraga ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bana, UNICEF, cyagabwe
n’abarwanyi ba Wazalendo.
Yagize
ati:“Turimo kwisuganyiriza muri Pariki ya Virunga kugira ngo twisubize Goma.
Ubu turi muri Nyiragongo, mu bilometero bike uvuye i Goma. Ni yo mpamvu ya
kiriya gitero.”
Nyuma
y’aya magambo, ku wa 13 Werurwe 2026, ubuyobozi bwa CNVDP-WAZ bwatangaje ko
Depite Mishiki “yasutse amavuta mu muriro” atangaza amakuru atigeze agishwa
inama inzego z’ubuyobozi bw’iri huriro, kandi ashobora kugaragaza uruhare rwa
Leta ya RDC muri icyo gitero.
Iri
huriro ryahise ritangaza ko Mishiki atakiri Perezida w’Inama y’Inararibonye
yaryo ndetse ko yanambuwe ubunyamuryango, asimbuzwa Jacques Katulanya.
Ku
ruhande rw’u Rwanda, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier
Nduhungirehe, yavuze ko kuba Mishiki yirukanwe muri Wazalendo bidashobora
gusiba ibyo yemeye mu ruhame.
Yagize
ati:“Mushobora kwikiza umuyobozi w’amabandi wemereye mu ruhame icyaha cyakozwe
n’amabandi, ariko ntimushobora gukuraho ibyo yiyemereye, cyane cyane mu gihe
bifitiwe ibimenyetso byinshi.”
Hagati
aho, Leta y’u Bufaransa yatangaje ko igiye gutangiza iperereza ku rupfu
rw’umuturage wayo wapfiriye muri icyo gitero.
Ku
rundi ruhande, ihuriro AFC/M23 rivuga ko iki gitero cyagabwe n’ingabo za Leta
ya RDC, rigashinja ko cyari kigamije kwica abayobozi baryo barimo Joseph
Kabila, Corneille Nangaa, Bertrand Bisimwa, Freddy Kaniki na Sultani Makenga.