Ross Kana uri mu bahanzi nakunzwe hano mu
muziki mu Rwanda, yatumiwe mu gitaramo muri Uganda, igihugu agiye kuririmbamo
ku nshuro ye ya mbere.
Uyu muhanzi yatumiwe mu gitaramo cyiswe ‘Sunset Brunch’ kizabera ahitwa
Paradigm Kampala ku wa 23 Ugushyingo 2025. Aho abagiteguye batangaje ko intego
yacyo ari ugufasha abakunzi b’umuziki uburyo bushya bwo kwinjira mu mpera
z’icyumweru bizihirwa n’indirimbo za Ross Kana.
Basaba abafana be n’undi
mubare munini w’abakunzi b’umuziki muri Uganda kutazacikwa n’iki gitaramo
gitegerejwe cyane muri Uganda.
Paradigm Kampala, uyu
musore azakorera igitaramo ni hamwe mu hantu hahenze kandi hakomeye mu Mujyi wa
Kampala, hazwiho kwakira ibitaramo by’abahanzi bakomeye. Azahakorera igitaramo
abisikana na Irene Ntale uzaba wahakoreye ku wa 20 Ugushyingo 2025.
Ross Kana agiye
gutaramira i Kampala mu gihe mu Rwanda yaririmbye mu bitaramo bikomeye birimo
‘Let’s Celebrate’ na ‘The Silver Gala’.
Like This Post? Related Posts