• Imyidagaduro / ABAHANZI

 

Umuhanzikazi Spice Diana wo muri Uganda , yatangaje imwe mu mpamvu yatumye abasha kumara igihe kinini mu muziki akomeza kuguma ku rwego rwo hejuru yigira  ku bahanzi bagenzi be ndetse atibagiwe n’abakizamuka

Uyu muhanzikazi umaze hafi imyaka 15 agaragara cyane mu myidagaduro ya Uganda, yavuze ko gukomeza kwigira ku bandi bahanzi  ari imwe mu ntwaro imufasha kugendana n’igihe mu muziki.

Mu kiganiro yagiranye na televiziyo yo muri Uganda, Spice Diana yasobanuye ko akunda kugumana umutima ufunguye, akumva ibitekerezo by’abandi bahanzi hatitawe ku gihe bamaze mu muziki.

Yagize ati: “Nigira ku muntu uwo ari we wese, ndetse no ku bahanzi bakizamuka. Buri gihe hari ikintu mbigiraho kuko akenshi bazana ibitekerezo bishya.”

Yavuze ko ubushake bwo kwitegereza no kwigira ku bandi bwamufashije kuguma mu bahanzi bakunzwe ndetse no kumenya guhindura uburyo akora umuziki bijyanye n’imigendekere mishya y’uru rwego.

Spice Diana yanavuze ko ikindi cyamufashije gukomeza gutsinda mu muziki ari kubungabunga umubano mwiza n’abandi bantu bakora mu ruganda rw’imyidagaduro.

Yavuze ko kugirana umubano mwiza n’abahanzi, abatunganya umuziki ndetse n’abandi bakora muri uru rwego byagize uruhare runini mu kumufasha gukomeza gutera imbere mu mwuga we.

Spice Diana ni umwe mu bahanzi b’abagore bakomeye muri Uganda, aho indirimbo ze zakunzwe cyane mu gihugu ndetse no mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments