?Urwego
rw’Abanyamakuru Bigenzura RMC rwongeye kwibutsa abanyamakuru bakora ibiganiro
bya siporo ko ibitangazamakuru bakorera atari imiyoboro yo gutambukirizamo
ubutumwa bwo gutukana, kwihimura cyangwa gutesha agaciro abantu cyangwa inzego
bafitanye amakimbirane.
Mu banyamakuru bakora ibiganiro bya Siporo, hamaze igihe
humvikana intambara y’amagambo, aho bamwe bakoresha ibitangazamakuru bakorera
bagatambutsa ubutumwa bwibasira bagenzi babo cyangwa abo baba badahuje
imyumvire.
Ni ibintu byakunze kwamaganwa
n’Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura, RMC, rwongeye gushyira hanze itangazo
riburira abakomeje kugaragaza imyitwarire nk’iyi.
Muri iri tangazo rifite
impamvu igira iti “Kwibutsa Abanvamakuru bakora inkuru n’ibiganiro bya Siporo.” RMC yatangiye ivuga ko “yibutsa abanyamakuru
bose bakora inkuru n’ibiganiro bya Siporo ku maradiyo n’amateleviziyo ko
bagomba kubahiriza Amahame Ngengamyitwarire y’Umwuga w’Itangazamakuru mu
Rwanda.
Uru rwego ruvuga ko aba
banyamakuru, bibutswa ko “Imiyoboro ya Radiyo
na Televiziyo ntigomba gukoreshwa nk’urubuga rwo kwihimura, gutukana cyangwa
gutesha agaciro abantu cyangwa inzego bafitanye amakimbirane. Ibi binyuranye
n’inyungu rusange ndetse bikaba binyuranyije n’amahame y’umwuga.”
Nanone kandi RMC ivuga ko mu biganiro cyangwa mu isesengura rya
siporo, Umunyamakuru yirinda amarangamutima akomoka ku makipe afana.
Iti “Ni ngombwa gutanga
amakuru mu buryo buboneye, butabogamye kandi bushyira imbere ukuri
n’ubunyamwuga.”
Uru rwego rukomeza
rugira riti “Abanyamakuru bagomba
kwirinda kuvuga ku bantu ku giti cyabo babibasira, ahubwo bakibanda ku bikorwa
n’ibifatika birebana n’isesengura ry’iyo ngingo.”
RMC ivuga ko abanyamakuru
bagomba kudatangaza amakuru bahawe n’abafana cyangwa andi atemejwe hagati mu
kiganiro batabanje kuyagenzura no kwemeza ukuri kwayo.
Uru rwego rwaboneyeho
gutanga inama, ruvuga ko bitewe n’uburebure bw’ibiganiro bya Siporo (akenshi
bimara amasaha agera kuri 3), abayobozi b’ibiganiro bya Siporo barasabwa gufata
umwanya uhagije bagategura ibiganiro bya Siporo kugira ngo batangaze amakuru
yizewe, yagenzuwe kandi afite ishingiro.
RMC kandi yavuze ko abanyamakuru badakwiye kubangikanya umwuga
w’itangazamakuru n’ubuvugizi bw’amakipe.
Muri iri tangazo, RMC isoza itanga umuburo, ivuga ko “Abanyamakuru batazubahiriza ibyavuzwe haruguru, bazahanwa nk’uko
biteganywa n’Ingingo ya 29 y’Amahame Ngengamyitwarire y’Umwuga w’Itangazamakuru
mu Rwanda.
Like This Post? Related Posts