• Amakuru / MU-RWANDA


Umusore witwaga Nizeyimana Elize w’imyaka21 wari utuye mu mudugudu wa Kagasa 1 mu kagali ka Ramiro mu murenge wa Gashora mu gitondo cyo kuri uyu wa 5 taliki ya 27 Gashyantare 2026 yasanzwe iruhande rw’ishyamba rya Rica yapfuye aho abamwishe bamuteye ibyuma mu maso. 

Abaturage babonye umurambo wa Nizeyimana bavuga ko yishwe nabi cyane ndetse bagahamya ko yaba yishwe abagizi ba nabi bakaza kumujugunya muri iryo shyamba.

Ni umurambo ugaragaza ko bamuziritse bakajombagura ibyuma, abaturage bakaba bavuga ko aha Kagasa hakunze kuba ubwicanyi bukabije kuko hari n’umusore uheruka kuhicirwa bakamumanika mu giti.

Abaturanyi ba Nyakwigendera basaba ko iperereza ryimbitse ryakorwa kugira ngo ababigizemo uruhare babiryozwe kuko Nizeyimana yari umunyamahane bakanakeka ko yaba hari abo yashwanye nabo bakaza kwihorera.

Abaturage bavuga uwafatwa hazanwa kuburanira mu ruhame kugira ngo bitange isomo kuko hari indi mirambo 3 iheruka kuhagaragara bikarangira nta muntu ufashwe ngo abiryozwe.


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments