• Amakuru / POLITIKI


Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Nduhungirehe Jean Patrick Olivier, yibukije ko amahoro hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) atari mu biganiro ahubwo yamaze gushyirwaho umukono, asaba RDC kuyubahiriza.

Mu kiganiro yagiranye na Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI), Nduhungirehe  yibukije ko ayo masezerano y’amahoro yasinywe tariki ya 27 Kamena 2025, mu mujyi wa Washington, yongeraho ko inama nyinshi z’inzobere mu by’umutekano zimaze kuba hagati y’ibihugu byombi mu rwego rwo gushyira mu bikorwa uburyo bwo kugarura amahoro mu Karere.

Minisitiri Nduhungirehe yashimangiye ko ibi bigaragaza ko urugendo rwo kugarura umutekano ruri mu cyerekezo cyiza, kuko hari ibikorwa by’ubufatanye byatangiye gushyirwa mu bikorwa mu buryo bunoze kandi buhamye.

Minisitiri Nduhungirehe yavuze ko imbogamizi ikomeye ihari ari agushyira mu bikorwa ayo masezerano kuko bigaragara ko Leta ya Congo ikomeje gukunda intambara.

Yagize ati: “Hari ibitero by’indege z’intambara n’izitagira abapilote (dorone) zikomeje kuraswa n’ingabo za Congo.”

Yavuze ko izo ndege zitaraswa gusa ahari ibirindiro bya AFC/M23 bahanganye ahubwo zinarasa mu bice bituyemo abaturage b’Abanyamulenge n’Abatutsi bo muri Kivu y’Amajyepfo.

Ku bwa Nduhungirehe, ibyo bikorwa by’ihohoterwa bikomeje kwigaragaza bibangimiye guhangarika imirwano kandi bakomeza gutiza umurindi imvugo z’urwango zibasira abaturage.

Uwo muyobozi yashimangiye ko kugira ngo amahoro agerweho mu Burasirazuba bwa RDC ko umutwe wa FDLR igizwe na bamwe mu basize bakoze Jenoside yakorewe Abatutsi usenywa nkuko amasezerano abiteganya.

Yagize ati: “FDLR ikomeje kuvangwa mu ngabo za Leta ya Kinshasa kandi zikabaha ubufasha.”

Yashimangiye ko RDC ikwiye kubaha amasezerano y’amahoro ya Washington, kuko atateganyaga kureba aho FDLR iherereye ahubwo hemejwe ko igomba gusenywa burundu kuko ikomeje guteza umutekano muke mu Karere.

Amb. Nduhungirehe Olivier yashimangiye ko u Rwanda rwiyemeje gukuraho ingamba z’ubwirinzi rwashyizeho ariko mu gihe FDLR izaba yamaze gusenywa nkuko amasezerano abiteganya, kandi yemeza ko bizashoboka ari uko ubushake bwa politiki bwa Leta ya RDC  bubonetse.

Nduhungirehe yanakamoje ku bikorwa by’ubutabazi aho biherutse gutangazwa ko hazavugurwa ikibuga cy’indege cya Goma, avuga ko ubu hakirimo ibiganiro i Doha muri Qatar kuri iyo ngingo.

Hagati aho yibukije ko u Rwanda rwiyemeje gutanga umusanzu warwo mu bikorwa by’ubutabazi aho muri Mutarama 2025, rwabigaragaje rufungura imipaka yarwo rwakira impunzi ziva muri RDC, ingabo za FARDC zahungaga intambara ndetse n’abacanshuro.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda Amb. Nduhungirehe, yanenze mugenzi wa RDC ukomeje gusabira u Rwanda ibihano bidafite ishingiro aho gushyira imbaraga mu kubahiriza amasezerano y’amahoro.

Yavuze ko aho kugira ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ikomeje guharanira gusabira u Rwanda ibihano ikwiye kubahiriza ibikubiye mu masezerano yemeye kandi ko ari byo bizazana amahoro mu Karere k’Ibiyaga Bigari mu rusange.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments