• Amakuru / MU-RWANDA


Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU)  rikorera mu mujyi wa Kigali ryemeje ko ryafashe umugore witwa Mukandayisenga Solange ufite imyaka 40 afite udupfunyika 800 tw’urumogi.

Yafatiwe mu karere ka Gasabo mu Murenge wa Gisozi, Akagali ka  Ruhango, Umududugidu wa Kanyinya ku wa 11 Ukuboza 2025.?

Iri shami rya Polisi rikavuka ko “Uyu mugore yafashwe biturutse ku makuru yatanzwe n'abarurage ko asanzwe acuruza urumgi, abapolisi binjiye iwe murugo basatse munzu bamusangana  udupfunyika 750 ku musego w'igitanda n'izindi 50 yari yahishe mu murima w'ibigori uri ku irembo. “

Akimara gufatwa ngo yemeye ko uru urumogi ari urwe Kandi asanzwe arucuruza ariko yanga kugaragaza aho arurangura kuri ubu akaba afungiye kuri Stasiyo ya Gisozi ndetse dosiye yamaze gushyikirizwa Urwego rw'Ubugenzacyaha RIB kugira ngo akurikiranweho icyaha cyo gucuruza biyobyabwenge.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali CIP Wellars GAHONZIRE yatangaje ko “Polisi y’igihugu ishimira abantu  batanga amakuru uru rumogi rugafatwa rutarakwirakwizwa mu baturage, kikaba ari ikimenyetso gukomeye cy’ubufatanye bwa Polisi n’abaturage mu kurwanya ibiyobyabwenge no gutahura abanyabyaha, iributsa abaturarwanda gukomeza gutanga amakuru ku bantu bazwiho gucuruza ibibyabwenge kugirango bafatwe kuko bagira uruhare mu kwangiza ubuzima bw’abaturage.”

Polisi y’igihugu iraburira abantu bishora mu bikorwa byo gucuruza ibiyobyabwenge kubireka bagashaka ibindi bakora kuko uburyo bwose bakoresha bwamenyekanye, ubu amayeri bari gukoresha yo gufata udukapu bagaheka kuri moto kandi harimo ibiyobyabwenge burazwi, ni mubireke mushake ibindi mukora bibateza imbere, nta muntu wakize kuko acuruza ibiyobyabwenge, uretse gufatwa ugafungwa ubizma bwawe bukangirika.

Mu Rwanda urumogi rushyirwa mu cyiciro cy’ibiyobyabwenge bihambaye, aho uhamijwe n’urukiko ibikorwa byo kubikora, kubihinga, kubihindura, kubitunda, kubibika, kubiha undi cyangwa kubigurisha mu gihugu, ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu ya 20.000.000 Frw, ariko itarenze 30.000.000 Frw.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments