Umuhanzi
w’umunyabigwi muri gakondo akaba n’umwe mu batoza w’Itorero ry’Igihugu
urukerereza Muyango Jean Marie yatangaje ko atakibashije gutaramira abazitabira
igitaramo cya Lionel Sentore yise ‘Uwangabiye World tour’ kubera uburwayi
n’intege nke z’umubiri.
Ni kimwe mu
bitaramo Lionel Sentore arimo gukora mu rwego rwo kumurikira abakunzi be
Alubumu ye yise ‘Uwangabiye’ giteganyijwe kuba tariki 13 Ukuboza 2025, muri
Canada mu mujyi wa Montreal.
Abinyujije
ku mbuga nkoranyambaga ze mu ijoro ry’itariki 10 Ukuboza 2025, Muyango yiseguye
ku bazitabira igitaramo abamenyesha ko atakibashije kwitabira.
Yanditse
ati: ” Bakunzi banjye, nshuti zanjye, mbandikiye mbatashya mu cyubahiro
mbagomba. Mu minsi ishize, nagize ikibazo cy’ubuzima mu buryo butunguranye
ariko nifuzaga kuza kubasura no kubataramira gusa ntibyankundira ko nakora
urugendo cyangwa ngo mbashe kujya ku rubyiniro.”
Ni muri urwo
rwego mbabajwe no kubamenyesha ko ntazashobora kwitabira igitaramo cya
Uwangabiye World Tour Montréal, cyari giteganyijwe ku wa 13 Ukuboza, aho nari
kuzabataramira. Nzi neza ko benshi mwari mudutegereje.”
Akomeza
abashimira cyane ku rukundo bahora bamugaragariza anabasaba inkunga
y’amasengesho.
Ati: “Kandi
ndabashimira urukundo rwanyu, inkunga n’amasengesho yanyu, binshyigikira cyane,
kumva ko umuntu akikijwe akanakundwa n’abafana be ni umugisha ukomeye cyane.
Ndabashimiye.”
Muyango
yasabye abamukunda gukomeza kumusengera no kuzashyigikira Sentore yise Umuhungu
we.
Ati:
“Nabasabaga kandi ko mushyigikira umuhungu wanjye Lionel, uzabataramira ku
bwacu twese. Nzi ko muzatarama mukanezerwa kandi mukizihirwa kuko umunsi ni
uwanyu.”
Uretse
Muyango wari mu bagombaga gutaramira abazitabira icyo gitaramo bazanataramirwa
na Ngarukiye Daniel usanzwe akorera umuziki we mu Bufaransa.
Biteganyijwe
ko igitaramo kizaba tariki 13 Ukuboza 2025, Lionel Sentore yamaze kuhagera
n’imyitozo ikomeje.
Like This Post? Related Posts