Abapolisi bato bashya 1.903 barimo abakobwa 359 n’abahungu 1.544, barangije amahugurwa n’imyitozo bibinjiza muri Polisi y’u Rwanda.
Aba bapolisi bashya
binjijwe mu mwuga kuri uyu wa Mbere tariki ya 22 Ukuboza 2025, nyuma y’amasomo
bari bamazemo amezi umunani mu Kigo cy’Amahugurwa cya Polisi y’u Rwanda
giherereye i Gishari mu Karere ka Rwamagana.
Umuyobozi w’Ishuri rya Polisi rya Gishari, CP Robert Niyonshuti,
yavuze ko abapolisi bato barangije amasomo ari 1903 barimo 40 bazahabwa Urwego
rw’Igihugu rw’Igorora (RCS), n’abapolisi 178 batorejwe mu Ishuri rikuru rya
Polisi rya Musanze aho bari no kwigira kaminuza mu mashami anyuranye.
Yakomeje avuga ko abatorejwe mu Ishuri rya Polisi rya Gishari
batangiye amahugurwa tariki ya 17 Mata 2025 ari 1.748, abasoje bakaba ari
1.725, kuko abagera kuri 23 batashoboye gusoza aya mahugurwa kubera impamvu
zitandukanye zirimo uburwayi n’imyitwarire itajyanye n’indangagaciro za Polisi
y’u Rwanda.
Ati “Mu gihe bamaze bari hano bize amasomo abaha ubumenyi,
ubushobozi n’imyitwarire iboneye bizabafasha mu kazi kabo ka gipolisi mu rwego
rw’abapolisi bato. Bize gukoresha intwaro, imyitozo yo kumva amabwiriza,
akarasisi, imyitozo ngororamubiri, kubungabunga umutekano n’ituze mu baturage,
amategeko, ubufatanye bwa Polisi n’abaturage, gucunga umutekano wo mu muhanda
n’andi. Bahawe ibiganiro kuri gahunda za Leta bizabafasha mu kazi kabo ka buri
munsi.’’
Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu Gihugu, Dr. Vincent Biruta,
yashimiye Perezida wa Repubulika ku cyerekezo cyiza n’ubushobozi ahora ashakira
iyi Minisiteri n’inzego z’umutekano kugira ngo zishobore kuzuza neza inshingano
zo gucunga umutekano w’Abanyarwanda n’imitungo yabo.
Yavuze ko Abanyarwanda babuze umutekano igihe gihagije ndetse
banabona ingaruka zabyo ari na yo mpamvu bakwiriye kuwucunga cyane.
Ati “Uyu munsi turishimira ko umutekano uhagaze neza muri
rusange ariko hari ibyaha n’ibindi bibazo bibangamiye abaturage bikigaragara
birimo ubusinzi n’ingaruka zabwo, ubujura, gukubita no gukomeretsa, gukoresha
ibiyobyabwenge, impanuka zo mu muhanda n’ibindi. Dufite inshingano zo gukumira
no kurwanya birushijeho kugira ngo umuturage dushinzwe akomeze kuba mu gihugu
yishimiye.’’
Minisitiri Biruta yavuze ko abanyabyaha bakomeje guhindura
amayeri ariko ko n’inzego z’umutekano ziticaye, asaba abasoje amahugurwa
gufatanya n’inzego basanze mu gukomeza gusigasira umutekano.
Ati “Muzarangwe n’ikinyabupfura, gukora kinyamwuga, gukorana
umurava, kwanga umugayo no guharanira ishema ry’u Rwanda n’Abanyarwanda aho
muzaba muri hose. Muzakomeze kandi ubufatanye n’izindi nzego, mushyire
umuturage ku isonga muri gahunda zanyu zose kuko ibyiza by’abaturarwanda nibyo
twese duharanira.’’
Polisi y’u Rwanda ivuga ko muri aya mezi 12 Ishuri ry’Amahugurwa
rya Polisi rya Gishari ryahuguye Abapolisi na Dasso bagera ku 8529 mu mahugurwa
n’amasomo atandukanye yari agamije kubongerera ubumenyi n’ikinyabupfura mu kazi
kabo ka buri munsi.