Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango FPR Inkotanyi, Amb. Bazivamo Christophe, yabonanye n’Abanyarwanda baba i Brazzaville muri Congo, ndetse abagezaho ubutumwa bwa Perezida Paul Kagame.
Ni ibiganiro byabaye
ku Cyumweru tariki 28 Ukuboza 2025 nyuma y’izindi gahunda zitandukanye Amb.
Bazivamo uri mu ruzinduko rw’akazi i Brazzaville, yitabiriye.
Ubutumwa Umuryango FPR Inkotanyi washyize hanze buvuga ko “Amb.
Bazivamo nyuma yo kubagezaho indamutso za Chairman w’Umuryango FPR Inkotanyi,
Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame zibifuriza ubuzima bwiza
n’iterambere mu byo bakora, yabagejejeho gahunda z’iterambere u Rwanda rwihaye
aboneraho no kubibutsa ko na bo nk’Abanyarwanda bakwiye kubigiramo uruhare
rutaziguye.”
Amb. Bazivamo yibukije aba Banyarwanda kandi ko u Rwanda
nk’igihugu cyabo rubashyigikiye muri gahunda zo kwiteza imbere, kandi ko ruhora
rubateze yombi ndetse ko rwiteguye kubafasha uko bishoboka kose muri gahunda zo
kwiteza imbere.
Yabasabye kurangwa n’indangagaciro nyarwanda cyane cyane izo
gukorera hamwe no kuba inyangamugayo.
Yasoje abifuriza umwaka mushya muhire wa 2026.
Amb. Bazivamo ari muri Congo aho yatumiwe muri kongere ya
gatandatu isanzwe y’ishyaka Parti Congolais du Travail – PCT riri ku butegetsi
muri iki gihugu.
Yagaragaje ko PCT na FPR Inkotanyi bisangiye imiyoborere idaheza
kandi ishingiye ku baturage ndetse ashimangira ubushake bw’uyu muryango mu
guteza imbere imibanire yawo na PCT, ndetse n’ubutwererane hagati y’u Rwanda na
Congo.
Ibihugu byombi bisanzwe bifitanye umubano n’ubufatanye mu bya
dipolomasi na politiki kuko muri Kanama 2016, u Rwanda rwafunguye Ambasade muri
Congo-Brazzaville.
Mu 2011, u Rwanda na Congo-Brazzaville byagiranye amasezerano
y’ubuhahiharane n’ubufatanye mu bijyanye n’ingendo zo mu kirere, guteza imbere
ubukerarugendo, ingufu, umutekano, ubutabera ibidukikije n’uburobyi.
Mu 2023 Perezida Denis Sassou Nguesso yagiriye uruzinduko mu
Rwanda rwasize umubano w’ibihugu byombi ku rundi rwego, dore ko rwabaye hashize
amasaha make Congo Brazaville yemereye Abanyarwanda kujya muri icyo gihugu nta
viza batse, bakazihabwa bagezeyo kandi ku buntu.
Muri uru ruzinduko kandi hasinywe amasezerano umunani
y’ubufatanye, yiyongereye ku yandi 25 yasinywe muri Mata 2022 ubwo Perezida
Kagame yasuraga Congo Brazaville.