• Amakuru / MU-RWANDA


Mu rugo rw’umuturage utuye mu Mudugudu w’Akabakene, mu Kagari ka Higiro, mu Murenge wa Nyanza, ho mu Karere ka Gisagara, hateguwe grenade.

Byabaye ku wa 31 Ukuboza 2025, bikorwa n’urwego rushinzwe gutegura ibisasu.

Kumenyekana kw’iyi grenade kwaturutse ku makimbirane, aho umugore witwa Nibarere Marie Rose w’imyaka 51 yaregaga umugabo we witwa Mutabaruka Théophile w’imyaka 49 ko afite grenade imanitse mu gikoni, ndetse abitangariza mu nteko y’abaturage ku wa 30 Ukuboza 2025.

Nyuma yo kumurega, inzego z’umutekano zahise zikurikirana, zisanga ari iyo mu bwoko bwa Totasi, maze uwo mugabo avuga ko yayitoye mu 2020 mu ishyamba.

Inzego z’umutekano zagiye kuyitegura ku wa 31 Ukuboza 2025, maze urusaku rwayo ruteza impanuka yakomerekeje abantu babiri barwumvise bagahunga.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyanza, Tumusifu Jérome, yatangaje ko kuba iyi grenade yarateguwe ku munsi w’isoko rya Nyaruteja, byatumye abayumvise bagira igihunga bahunga bagwirirana, bituma umwana w’umukobwa w’imyaka 15 witwa Mushimiyimana Diane, akomereka.

Ati: “Umwana wari kumwe n’abandi yikanze urusaku bari kuyitegura, maze biruka bagwirirarana, maze agwira ibuye risongoye riramukomeretsa, akomereza ku Bitaro bya Kibirizi babona bikomeye bamwohereza ku Bitaro bya Kaminuza bya Butare (CHUB).”

Gitifu Tumusifu yakomeje abeshyuza amakuru y’abavugaga ko iyi grenade yaba hari uwo yahitanye.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments