• Amakuru / MU-RWANDA

Ku wa gatanu tariki ya  6 Werurwe 2026 ikigo cy’ishuri  cya  Busy Bees  Foundation School cyateguye igikorwa cya Open Day umunsi wihariye aho ishuri rifungura imiryango ku bantu bose bashaka kurimenya neza ,aho berekanye  ibikorwa byinshi abana bahiga bageze muri iki gihe umwaka w’amashuri ugeze hagati .

Kuri  uwo munsi abana bose  biga  muri icyo kigo  uhereye ku mu mashuri y’incuke  kugeza kuri bakuru babo bo mu mashuri abanza  bateguye imishinga myinshi itandukanye  y’ibyo  bamaze kwiga  muri ibi bihembwe bibiri  birimo , ubumenyi, Indimi,ikorabuhanga , kubugabunga ibidukikije , umco n’ibindi byinshi  bitandukanye byerekanye ubuhanga bakura  mu masomo  biga .

Nyuma yo  gutemberezwa  ibyumba by’amashuri ababyeyo birebera ibyo abana babo biga  ndetse  no gusobanurirwa byinshi mu mishinga bateguye  bamwe bagize icyo  batangaza.


Imenagitero Moses  umwe  mu babyeyi   barerera  muri iryo shuri yatangarije BTN Rwanda ko igikorwa bateguye ari  inyamibwa cyane kuko  byerekana y’uko  nyuma yuko bohereje abna kw;ishuri akenshi  asigara yibaza niba koko  ibyo umwana yiga  abifata mu mutwe neza.

Yakomeje avuga ati  uyu munsi ubuybozi bwa Busy Bees Foundation School  bwashyizeho ari  ingirakamaro  cyane kuko  bituma nabo ubwabo  bamenya neza uko abana babo bakurikira amasomo bakaba  babusabaga ko  umunsu nkuyu  wazajya uba kenshi  cyangwa ukaba ngarukamwaka  kuko  ni mwiza cyane .

Ku ruhande rw’abana  biga muri iki kigo  nabo badutangarije ko bishimiye uyu munsi cyane kuko watumye bereka ababyeyi babo ko  iyo babohereje kw’ishuri   bataba bagiye gukina gusa ahubwo ko baba bazanywe no  kwiga kugira ngo bazabashe gushyira  mu ngira amasomo biga no mu bikorwa bakaba rero bashimiye ababyeyi babo baje kubatera ingabo mu bitugu .


Ku ruhande rw’Umuyobozi Mukuru wa Busy Bees Foundation School Madamu  Furaha Berthe  yatangarije BTN Rwanda  ko bategura iki  gikorwa kugira ngo bahuze inzego zose ndetse  n’abana bashyire mu bikorwa ibyo abana baba bize , bikanafasha ababyeyi  kumenya  imyigire yabo.

Yagize ati” igikorwa cya Opene day  bagiteguye kugira ngo  ibyo biga mu magambo gusa babishyire  mu bikorwa kuko bituma bazamura  ubuhanga bwabo  nkuko mwabyiboneye abana bafite  icyiwere cyinshi cyane  mubyo berekanye .

Yasoje avuga ko  igikorwa cya Open day  bifuza kuzajya bagitegura buri mwaka  kuko abana baba bafite imishinga myinshi yo kwereka ababyeyi  babo ko bagezeho.

Emmanuel nzabonimpa  Umugenzuzi w’uburezi mu murenge wa Kinyinya  avuga ko iki gikorwa ari umwnaya mwiza wo  kugaragaza ibyo abana  bize ko bishobora  gushyirwa mu bikorwa akaba asaba abayobozi b’ibigo by’amashuri gufasha abana kubategurira kubaha umwanya wo gushyira  mu bikorwa  ibyo  biga .

Ubusanzwe  mu mashuri menshi yo muri Kigali, Open Day ikorwa mu buryo bwo  gufasha ababyeyi n’abanyeshuri kumenya neza ubuzima bwo ku ishuri mbere yo kurihitamo. Dore uko akenshi itegurwa n’ibikorwa bikorwamo Abashyitsi bazengurutswa mu bice bitandukanye by’ishuri bakerekwa: Aho abanyeshuri bigira (classes),Laboratwari (science labs),Isomero (library),Ibibuga bya siporo,Ibyumba bya mudasobwa ni bindi bikorwa  byinshi bikorerwa mu kigo

 









 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments